Ni uburyo bwatangiye kugeragerezwa ku musozi wa Hampden uri mu Burengerazuba bw’iki gihugu ku wa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2022, nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abashinwa, Xinhua.
Umuhuzabikorwa muri Ministeri y’Ibidukikije n’Ubukerarugendo muri Zimbabwe, Prosper Matondi yatangaje ko bari gukoresha amahirwe ahari y’ibicu biboneka hagati y’ukwezi k’Ugushyingo na Mata, kugira ngo bizifashishwe mu kongera imvura hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Ati "Mu buryo gakondo, duhora dufite uburyo busanzwe bwo kugusha imvura buri gihembwe, ariko twatangiye kugerageza uburyo bwo kuyongera dukoresheje ikoranabuhanga mu kwirinda ko yaba nke bitewe n’impamvu zitandukanye ziboneka umunsi ku wundi."
Matondi yatangaje ko Guverinoma ya Zimbabwe iri gutera inkunga iri koranabuhanga ku buryo iki gihugu kizatangira umwaka utaha gifite uburyo bwacyo bwo kugusha imvura hifashishijwe ikoranabuhanga.
Zimbabwe yagiye yibasirwa n’amapfa n’umwuzure mu bihe bitandukanye, ibintu byagize ingaruka ku isenyuka ry’ibikorwa remezo byinshi by’icyo gihugu.
Muri iki gihe, iki gihugu cyibasiwe n’ibura ry’imvura ryateye ikamuka ry’amazi mu gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!