00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zimbabwe: Ibisasu ku kibuga cy’indege byatumye Perezida asubika urugendo

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 1 March 2024 saa 10:46
Yasuwe :

Kwikanga ko ku kibuga cy’indege cya Victoria Falls muri Zimbabwe hashobora guterwa ibisasu, byatumye Perezida Emmerson Mnangagwa asubika urugendo yari afite.

Byari biteganyijwe ko Perezida Mnangagwa kuri uyu wa Gatanu ageza ijambo ku bitabiriye inama yiga ku bijyanye n’ingufu zisubira ibera mu gace ka Victoria Falls kari mu Burengerazuba bwa Zimbabwa.

Ntabwo byamukundiye kuko hahise hasohoka amakuru y’uko hari ibisasu bishobora guterwa ku bibuga by’indege bitandukanye muri Zimbabwe.

Ni amakuru yatangajwe na sosiyete y’indege Fastjet, ivuga ko ari ubutumwa yakiriye buvuye muri emails yohererejwe.

Africa News yatangaje ko Mnangagwa yasubitse urugendo kugira ngo habanze hakorwe iperereza.

Ntabwo biramenyekana niba Perezida Mnangagwa yamenye ayo makuru indege ye yahagurutse cyangwa se niba yari itarahaguruka.

Ayo makuru yatumye zimwe mu ngendo z’indege zisubikwa izindi ziratinda kugira ngo habanze hamenyekane ukuri.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages