00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zimbabwe: Icyorezo cya Cholera kimaze guhitana abagera kuri 30

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 17 September 2018 saa 11:59
Yasuwe :

Leta ya Zimbabwe yatangaje ko icyorezo cya Cholera kimaze kwivugana abaturage basaga 30, abandi 5 463 cyagaragayeho bari kwitabwaho.

Ku wa 6 Nzeri nibwo iki cyorezo cyatangiye kugaragara mu murwa mukuru Harare nyuma y’uko amasoko y’amazi ahumanyijwe n’imyanda. Nyuma, hatangajwe ko kiri gukwirakwira no mu bindi bice by’igihugu.

Inzego zitandukanye zirimo inama y’ubutegetsi ya Harare, Polisi n’abandi bafatanyabikorwa ba Leta batangiye gukora ibishoboka ngo bakumire ko gikomeza gukwirakwizwa.

Leta ya yakomeje gutanga ubufasha mu duce cyibasiye cyane, bwiganjemo amazi meza, imiti n’ibindi.

Minisitiri ushinzwe ubuzima no kwita ku bana, Dr Obadiah Moyo, kuri iki cyumweru yatangaje ko hapfuye abantu babiri biyongera kuri 28 yishe mu minsi ishize.

Ati “Umubare w’abishwe na cholera wiyongereyeho babiri baba 30, ariko ingamba zo gukumira zirakomeje. Turi kongera amazi, imiti mu duce twibasiwe, bwunganira ubw’abafatanyabikorwa.Twakiriye n’imiti n’imyambaro irinda abantu kwandura.”

Nk’uko ikinyamakuru Herald cyabyanditse, yakomeje asaba ubuyobozi bw’Umujyi wa Harare na Polisi gukumira abacuruza ibiribwa mu buryo butemewe.

Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Umurimo n’imiturire, kuri iki cyumweru, July Moyo, ryasabaga, Perezida Mnangagwa, gukora ibishoboka iki cyorezo kigakumirwa birimo gutangaza ko cholera yabaye icyorezo gihangayikishije Zimbabwe.

Mu cyumweru gishize muri Zimbabwe hari hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ubwiyongere bw’abarwaye Cholera, Guverinoma isaba abaturage kuyifasha kubona amafaranga yo guhangana n’iki cyorezo.

Minisitiri ushinzwe ubuzima no kwita ku bana, Dr Obadiah Moyo yavuze ko abagera kuri 30 bamaze kwicwa na Cholera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages