00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zimbabwe: Inteko yongeje Perezida Mnangagwa imyaka yo kuyobora, ikuraho amatora ataziguye

Yanditswe na Uwizeyimana Rosette
Kuya 19 June 2026 saa 11:52
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe yatoye itegeko ryemerera Perezida Emmerson Mnangagwa, gukomeza kuyobora igihugu kugeza mu 2030 mu gihe byari biteganyijwe ko manda ye ya kabiri izarangira mu 2028.

Abadepite 200 ni bo batoye iri tegeko, bakaba barenga kure bibiri bya gatatu bisabwa.

Iri tegeko rinakuraho amatora y’umukuru w’igihugu akorwa mu buryo butaziguye, bivuze ko abaturage atari bo bazajya bamutora, ahubwo bikazajya bikorwa n’Inteko Ishinga Amatageko.

Mnangagwa yagiye ku butegetsi mu Ugushyingo 2017 nyuma y’ihirikwa rya Robert Mugabe wari umaze imyaka 37 ayobora Zimbabwe.

Nyuma yo gutorwa mu mutwe w’Abadepite, rigomba kunyura muri Sena, rikazabona kubahirizwa mu gihugu.

Abashyigikiye iri tegeko bo mu ishyaka ZANU-PF riri ku butegetsi bavuga ko uzafasha igihugu kugira ituze rya politiki, kugabanya amafaranga ashyirwa mu matora no korohereza ubuyobozi gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere ry’igihe kirekire.

Uyu mushinga watangiye kwamaganwa na bamwe mu baturage n’abarwanye urugamba rwo kubohora Zimbabwe, bavuga ko ugamije gufasha Mnangagwa kuguma mu butegetsi.

Perezida Emmerson Mnangagwa ntakivuye ku butegetsi mu 2028

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages