00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zimbabwe: Mugabe yahamije ko afungiwe imuhira

Yanditswe na Herve Ugirumukunda
Kuya 15 November 2017 saa 01:37
Yasuwe :

Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe, yemeje ko afungiwe iwe mu rugo nyuma y’aho igisirikare gifashe ubutegetsi mu ijoro ryo kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2017.

Abanya-Zimbabwe bakomeje kuba mu rujijo kuva mu rucyerera ubwo inkuru yari imaze kuba kimomo ko igisirikare kigenzura umurwa mukuru Harare.

Umuvugizi w’Ingabo, Gen. Sibusiso Moyo, yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko Mugabe n’umugore we batekanye ntiyagira ikindi arenzaho.

Imodoka z’intambara zakomeje kuzenguruka muri Harare, imihanda ijya ku Nteko Ishinga Amategeko irafungwa.

Naho Visi-Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 75, Mugabe yari yirukanye mu minshi ishize yavuye mu buhungiro aho bivugwa ko ari we ugiye kuyobora igihugu mu nzibacyuho.

Ahagana mu ma saa sita z’amanywa, nibwo Ibiro Ntaramakuru bya Afurika y’Epfo byemeje ko Robert Mugabe mu gitondo yabwiye mugenzi we Jacob Zuma ko afungiwe iwe mu rugo, ariko ko ameze neza.

Umwe mu badepite barwanya Leta, Eddie Cross, yabwiye BBC ko umufasha wa Mugabe, Grace Mugabe, n’abana be bamwe bamaze guhungira muri Namibia.

Jacob Zuma nk’Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Epfo, SADC yohereje muri Zimbabwe intumwa zihariye zirimo Minisitiri w’Ingabo no kwita ku Bavuye ku Rugerero, Nosiviwe Mapisa Nqakula, uw’umutekano w’imbere, Bongani Bongo, zikaza kuganira na Robert Mugabe n’abayobozi b’igisirikare.

Izindi ntumwa za Zuma zoherejwe muri Angola kuganira na Perezida w’icyo gihugu João Lourenco ku biri kubera muri Zimbabwe.

Igisirikare kivuga ko gishaka guta muri yombi abantu ba hafi bari mu kazu kitwa G40, kayobowe na Grace Mugabe, kari gatangiye kwirukanisha benshi mu ishyaka rya Zanu PF kugira ngo uyu mugore azasimbure umugabo we ku buyobozi napfa . Abafashwe barimo Minisitiri w’Imari, Ignatius Chombo.

Gen. Sibusiso yasabye Abanya-Zimbabwe gutuza kuko nibamara gufata abo bashaka muri ako gatsiko umutekano uragaruka.

Benshi mu baturage bagaragaye batonze imirongo miremire ku mabanki bashaka kubikuza ayabo ibintu bitarakomera.

Abari muri Harare, babinyujije ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko ubucuruzi n’ingendo byakomeje uretse abasirikare bagaragara ku mihanda n’ibifaru.

Robert Mugabe wayoboye Zimbabwe kuva mu 1987. Afite imyaka 93 y’amavuko akaba ari nawe mukuru w’igihugu ushaje kurusha abandi ku Isi.

Gen. Sibusiso Moyo wavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko Mugabe n’umugore we batekanye
Abafite amafaranga muri banki bazindukiye ku mirongo
Abanyuze ku muhanda wo hafi y'ibiro bya Perezida Mugabe barasakwa
Imodoka z'intambara mu mihanda, USA n'u Bwongereza byasabye abaturage abyo kuguma mu rugo

<img239890|center


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages