00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Avuga ko amaze imyaka 22 abonekerwa ariko arashinjwa ivangura

Yanditswe na

James Habimana

Kuya 29 October 2012 saa 10:29
Yasuwe :

Polisi mu Ntara ya Kayanza mu Burundi, iratangaza ko yahagaritse ibikorwa by’uwitwa Zeriya uvuga ko amaze imyaka 22 abonekerwa imuziza ko atera amacakubiri mu idini ry’Abanyagatorika.
Amakuru dukesha radiyo Ijwi rya Amerika aravuga ko polisi muri iyi Ntara yagose inzu uyu Zeriya akoreramo igata muri yombi abantu barenga 50 bavugaga bari iwe.
Impamvu y’ihagarikwa ry’uyu mutegarugore ngo ni uko mu cyumweru gishize abayoboke b’uyu Zeriya binjiriye ku ngufu mu rusengero rwa Gatolika ruri (…)

Polisi mu Ntara ya Kayanza mu Burundi, iratangaza ko yahagaritse ibikorwa by’uwitwa Zeriya uvuga ko amaze imyaka 22 abonekerwa imuziza ko atera amacakubiri mu idini ry’Abanyagatorika.

Amakuru dukesha radiyo Ijwi rya Amerika aravuga ko polisi muri iyi Ntara yagose inzu uyu Zeriya akoreramo igata muri yombi abantu barenga 50 bavugaga bari iwe.

Impamvu y’ihagarikwa ry’uyu mutegarugore ngo ni uko mu cyumweru gishize abayoboke b’uyu Zeriya binjiriye ku ngufu mu rusengero rwa Gatolika ruri muri aka gace bababwira ko imyemerere yabo itemewe ari byo byatumye havuka amakimbirane yakomerekeje abantu.

Polisi itangaza ko Zeriya akomeje gutanga inyigisho ze ashobora gutera amakimbirane hagati y’andi madini ari mu Burundi, dore ko avuga ko umuntu wese udakurikirana amabwiriza ya Bikiramariya adashobora kujya mu ijuru bityo andi madini akabona ko iri ari ivangura rishingiye ku madini.

Abantu batanduakanye ngo usanga baturutse imihanda yose, haba mu Rwanda no muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bakajya iwe kugira ngo abasengere.

Zeriya ufite amashuri atanu abanza abenshi bavuga ko afite ubuhanga budasanzwe, bityo ngo bagahitamo kujya iwe kugira ngo bategereze Imana igarutse ku isi. Kugeza ubu Zeriya ufite imyaka 26 ngo yatangiye kubonekerwa afite imyaka ine gusa, kandi ngo abonekerwa buri munsi ari na byo bituma abantu batandukanye bata ingo zabo bakigira iwe kugira ngo abaheshe ubwami bw’ijuru.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages