00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Umunyamakuru Ruvakuki bari bakatiye igifungo cya burundu yemerewe kujurira

Yanditswe na

Jotham Ntirenganya

Kuya 14 August 2012 saa 08:32
Yasuwe :

Umunyamakuru wakoreraga Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), yemerewe kuzajurira nyuma yo kuregwa iterabwoba agakatirwa gufungwa burundu.
Urukiko rw’Ubujurire rw’i Gitega nirwo rwemeye ko umunyamakuru Hassan Ruvakuki azajurira ku itariki ya 28 Nzeli 2012, nkuko RFI dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Hassan Ruvakuki yajyanwe muri gereza kuva mu mwaka wa 2011 Ugushyingo, aregwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba kuko yari yasuye inkambi z’inyeshyamba ziri muri Tanzania, imwe mu (…)

Umunyamakuru wakoreraga Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), yemerewe kuzajurira nyuma yo kuregwa iterabwoba agakatirwa gufungwa burundu.

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Gitega nirwo rwemeye ko umunyamakuru Hassan Ruvakuki azajurira ku itariki ya 28 Nzeli 2012, nkuko RFI dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Hassan Ruvakuki yajyanwe muri gereza kuva mu mwaka wa 2011 Ugushyingo, aregwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba kuko yari yasuye inkambi z’inyeshyamba ziri muri Tanzania, imwe mu ndiri z’ inyeshyamba zirwanya Leta y’u Burundi, ariko yajyanywe yo n’ibikorwa by’akazi.

Mu kwezi kwa Kamena nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Cankuzo rwahamije Ruvakuki ibyaha yaregwa, maze rwemeza ko afungwa burundu, ariko nyirukuregwa yakomeje kujuririra imwanzuro y’urukiko. Kugeza ubu rero urukiko rw’ubujurire rwemereye Bavakuki ubujurire.

Umuvugizi w’Urukiko rw’Ikirenga mu Burundi, Ntungwanayo Elie niwe wahamije ko ubujurire bwemewe kandi atangaza itariki y’urubanza ya 28 . Yongeye ho ati “Amategeko yo mu nkiko agomba kubahirizwa yose kandi amategeko abereye ho kurengera buri wese, nicyo umucamanza abereyeho”.

Gusa abunganira Ruvakuki na bagenzi be 13 bareganwe, mu manza za mbere ntibakunze kuvuguruza ibirego cyane, kuko ngo byari gukurura umwuka mubi mu rukiko. Mu kwezi kwakurikiyeho bakatiwe igifungo cya burundu bose uko ari 13 na Bavakuki.

Umuyobozi w’ihuriro ry’Abanyamakuru Niyungeko Alexandre, ntiyariye indimi mu kuvuga ko batizeye ubutabera bwo mu Burundi, aho ayagize ati “ Abacamanza bakorera mu kwaha kwa Leta”. Ku bw’ibyo abagize ihuriro basabye amahanga kotsa igitutu igihugu cy’u Burundi kugirango bareke ubutabera bwikorere inshingano yabwo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages