Impunzi zisanga 370 zisigaye mu nkambi ya Rutsuru, zikomoka mu duce twa Runyonyi, Bunagana na Jomba, barashinja abayobozi b’umutwe wa M23 urwanya leta ya Congo, guhohotera impunzi zatahutse.
Nk’uko bitangazwa na Radio Okapi yo muri Congo dukesha iyi nkuru, bamwe mu basubiye mu byabo, bavuga ko M23 ijya mu mashuri gushakamo abarwanyi ku ngufu, abandi bari mu nsisirobagakoreshwa imirimo y’agahato n’irindi hohoterwa ritandukanye.
Nk’uko Okapi ikomeza ibivuga, umwe mpunzi yayibwiye ko iyo basubiye mu duce bavukamo, basanga inzu zabo zarashenywe n’ibisasu, izindi zaratwitswe.
Yagize ati “ turababaye cyane kubera ikibazo cy’ibiribwa, hakiyongeraho no kuba M23 itwirukana mu mashuri. Inzu zacu zarasenyutse, dukeneye imiti. Turasaba abayobozi kwiga iki kibazo no kudushakira ahandi hantu ho kuba”.
Indi mpunzi nayo zemeje ko hari indi miryango yaba yarabonye ubuhungiro muri Uganda mu rwego rwo guhunga agahato n’ihohoterwa bakorerwa na M23.
Abari barahungiye mu nkambi ya Rutsuru, bivugwa ko ari imiryango irenga igihumbi. Imiryango ibarirwa muri 370 isigaye muri iyi nkambi, ivuga ko yabuze uko isubira mu duce iturukamo kubera umutekano muke uharangwa.
Abahungiye muri iyi nkambi ya Rutsuru, baturukaga mu duce twa Bweza, Rugari na Jomba. Baje bahunze imirwano hagati y’ingabo za leta ya Congo n’umutwe wa M23. Baba mu nkambi ya Rutsuru barinzwe n’ingabo za Congo. Abakiriyo banze gusubira aho bavuka kuko bagenzi babo bahasubiye bemeza ko bakoreshwa imirimo y’agahato, bakanahohoterwa n’inyeshyamba z’umutwe wa M23.



















TANGA IGITEKEREZO