Umutwe w’ingabo zitandukanije ni za Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wiyise M23 ukomeje kubona abawuyoboka cyane cyane abasirikari bari mu ngabo za Leta ya Congo(FARDC).
Amakuru dukukesha urubuga rw’ikinyamakuru ’’Jeune Afrique’’ avuga ko umuvugizi w’umutwe M23, lieutenat-colonel Vianney Kazarama, kuwa kane tariki ya 21 Kamena 2012 yemeje ko aba lieutenat-colonel batatu n’aba major batatu bari kumwe n’abasirikari 166 bari mu ngabo za Leta, biyunze ku ngabo za M23.
Nkuko bitangazwa n’umuvugizi w’umutwe M23 abo ba ofisiye bari basanzwe bayoboye ingabo za Leta mu Ntara ya Kivu y’amajyaruguru, usibye umu ofisiye umwe wo mu rwego rwa Lieutenat-colonel we waturutse mu Ntara ya Kivu y’amajyepfo. Akomeza avuga ko umwe mu ba Major yari ashinzwe ibikoresho bya gisirikari, undi ashinzwe iperereza, bose cyera bahoze bari mu mutwe wa CNDP kandi bose bajyanye intwaro zabo. .
Umu Ofisiye wo ku ruhande rw’ingabo za Leta utarashatse gutangaza izina rye, yemeza ko koko aba basirikari batorotse kandi bajyanye ibikoresho bya gisirikari. Avuga ko bidatangaje kuba barasanze bene wabo.
Nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru Jeune Afrique, nubwo bwose ingabo za leta zikomeje kumasha ibisasu bya rutura ku barwanyi ba M23, izo ngabo zigometse zikomeje gukomera ku birindiro byazo mu misozi ya Runyonyi, Mbuzi na Tshanzu ahahereye ku mipaka ya Ouganda n’u Rwanda.
Intumwa za loni ziri muri icyo gihugu (Monusco) zivuga ko iyo mirwano imaze kuvana abantu ibihumbi 200 mu byabo, naho abarenga ibihumbi 20 barahunze.



















TANGA IGITEKEREZO