00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cote d’ivoire :Igitero kibasiye ikigo cya gisirikare

Yanditswe na

Teddy Kamanzi

Kuya 9 August 2012 saa 08:36
Yasuwe :

Mu majyaruguru y’Umurwa mukuru Abidjan muri Cote d’ivoire, ikigo cya gisirikare kibasiwe n’igitero mu ijoro ryakeye ryo kuwa Gatatu tariki ya 8 Kanama Mujyi wa Agbobo.
Icyo gitero cyagabwe mu mujyi witaruye Umurwa Mukuru wa Abidjan mu birometero 80 uvuye mu mujyi ahitwa Agboville.
Inkuru dukesha France24 iratangaza ko iki gitero cyatangiye mu ma saha ya saa saba z’ijoro, kimara amasaha abiri maze hakomerekeramo ingabo ebyiri za Leta, umwe akaba yakomeretse cyane ubu arimo (…)

Mu majyaruguru y’Umurwa mukuru Abidjan muri Cote d’ivoire, ikigo cya gisirikare kibasiwe n’igitero mu ijoro ryakeye ryo kuwa Gatatu tariki ya 8 Kanama Mujyi wa Agbobo.

Icyo gitero cyagabwe mu mujyi witaruye Umurwa Mukuru wa Abidjan mu birometero 80 uvuye mu mujyi ahitwa Agboville.

Inkuru dukesha France24 iratangaza ko iki gitero cyatangiye mu ma saha ya saa saba z’ijoro, kimara amasaha abiri maze hakomerekeramo ingabo ebyiri za Leta, umwe akaba yakomeretse cyane ubu arimo gukurikiranwa kwa muganga.

Uhagarariye ingabo yatangaje ko abagabye icyo gitero bataramenyekana, ariko hari abo baketse ububatawe muri yombi.

Ibyo bitero bije bikurikirana n’ibiherutse kubera mu Mujyi wa Erymakouguié mu minsi itatu ishize, ubwo hapfaga ingabo 10 ariko ari abahoze ari ingabo za Gbagbo ,kuko hari ibyo bari babijejkubakorera kugirango basubire mu buzima busanzwe, ariko bikaba bitaragezweho.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages