00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

ICC yakuriyeho ibirego umwe mu Banyakenya

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 12 March 2013 saa 07:39
Yasuwe :

Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (ICC) rukorera i La Haye, yahagaritse ibirego byo guhohotera ikiremwa muntu byaregwaga uwahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe abakozi ba leta muri Kenya Francis Muthaura; ibirego bishingiye ku mvururu zakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Kenya mu mwaka wa 2007.
Amakuru ya BBC avuga ko Umushinjacyaha Mukuru wa ICC Fatou Bensouda yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko umutangabuhamya w’ingenzi wari usigaye ku byaha (…)

Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (ICC) rukorera i La Haye, yahagaritse ibirego byo guhohotera ikiremwa muntu byaregwaga uwahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe abakozi ba leta muri Kenya Francis Muthaura; ibirego bishingiye ku mvururu zakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Kenya mu mwaka wa 2007.

Amakuru ya BBC avuga ko Umushinjacyaha Mukuru wa ICC Fatou Bensouda yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko umutangabuhamya w’ingenzi wari usigaye ku byaha byashinjwaga Muthaura yivuguruje; akavuga ko yabeshye mu buhamya yatanze mbere.

Bensouda avuga ko nta bundi buryo bwo kubona ubuhamya ku byaha byashinjwaga Muthaura, bitewe ahanini n’uko bamwe mu batangabuhamya bapfuye abandi bagatinya kuvuga ibyo bazi.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe umukuru wa Kenya uherutse gutorwa Uhuru Kenyatta na we byateganywaga ko azahamagazwa na ICC ku byaha bifink’ibi.

Francis Muthaura yashinjwaga hamwe na Uhuru Kenyatta, ndetse na William Ruto, iki cyemezo cya ICC kikaba gishobora kuba imbarutso ku guta agaciro k’ibi birego.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages