Abarwanyi bagize umutwe wa M23 barwanya Leta ya Kongo bafashe indi mijyi 3 kuri iyi tariki ya 8 Nyakanga, ikaba ije yiyongera ku mujyi wa Bunagana bari baherutse gufata, ubwo ingabo za Leta zirenga 500 zahise zihungira muri Ugangda ku itariki ya 5 Nyakanga.
Iyo mirwano ikomeye yahuje ingabo za Leta ya Congo n’iza M23 ku itariki ya 5 Nyakanga , niyo yatumye ingabo za Leta ya Congo zirenga magana atanu zihungira mu gihugu cya Uganda, ariko kugeza ubu zikaba ziri guhungishirizwa imbere mu gihugu cya Uganda, kugirango zive hafi y’umupaka.
Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RIF dukesha iyi nkuru yatangaje ko, Umuvugizi w’umutekano mu gihugu wungirije muri Uganda ariwe Capt. Mugisha Peter yagize ati:” Ingabo zahungiye mu gihugu cyacu cya Uganda tumaze kuzambura intwaro, twazibaruye, tuzivangura mu zindi mpunzi zisanzwe, none ubu tugiye kuzohereza mu gihugu hagati zijye kure y’umupaka”. Zoherejwe mu Mujyi wa Kisoro mu biro metero 20 uvuye ku mupaka wa Congo na Uganda, kandi zikaba ari iza major Mumbere Mpingia uyo bora batayo ya 44.
Minisitiri ushinzwe Kurwanya Ibiza muri Congo Musa Echweru yavuze ko intambara iherutse kubera mu gace ka Bunagana yatumye abantu barenga ibihumbi 10 bagenda ibiro metero birenga 54, bagirango bahungire muri Uganda.
Loni ivuga ko izimpunzi ziganje mo abana n’abagore, kandi abo bagore bavugako bafashwe ku ngufu n’abasirikare, umubare munini w’abagabo nawo wuzuye ibisebe ku mibiri yabo kubera gutotezwa, no gukubitwa.
Kugeza ubu nyuma yo gufata uriya mujyi wa Bunagana wavuzwe haruguru, noneho M23 yafashe indi mijyi myinshi kuri iyitariki ya 8 Nyakanga 2012, harimo na Ruthsuru yo muri Kivu y’Amajyaruguru .
Gusa n’ubwo indi mijyi yagiye ifatwa habaye ho kurwana, ubu Radio Okapi yatangaje ko M23 yinjiye mu Mujyi wa Ruthsuru ku mutuzo.
Umuntu wabyiboneye n’amaso ye yagize ati: “Ingabo za Leta zahunze mbere y’uko M23 ihagera, abaturage nabo bahungiye ku ngabo za Loni (MONUSCO). Undi wabibonye nawe yongeye ho ati: “M23 yigaruriye Umujyi wa Rutshuru ku isaha ya saa tanu z’amanywa, ubwo ingabo za Leta zari zamaze kugera ahitwa Butembo zihunga, kandi mbere yo kugenda zabanje gusahura”.
Icyakora Radio Okapi ntiyashoboye kubona umusirikare wa Leta cyangwa umutegetsi wo kubara inkuru. Mbere yo gufata Rutshuru kandi M23 yabanje gufata Akarere ka Kalengera na Kako ndetse na Rubare itagombye kurwana.
Biravugwa ko izi ngabo za M23 ziyobowe na Gen. Ntaganda Bosco, ukurikiranywe n’Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha, ku byaha by’intambara aregwa. Ntaganda we ariko ntiyemera ko afatanije n’uyu mutwe wa M23, ufite izina rituruka ku masezerano y’amahoro Leta yari yagiranye n’abarwanyi ku itariki ya 23, Werurwe 2009, bishatse kuvuga, 23rd March 2009.



















TANGA IGITEKEREZO