Leta ya Sudani irashinja igihugu cyaIsrael kurasa uruganda rukora amasasu mu murwa mukuru, Kharthoum.
Nk’uko urubuga rwa BBC dukesha iyi nkuru rubitangaza, Minisitiri ushinzwe itangazamakuru muri Sudani, Ahmed Bilal Osman, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku itariki 24 Ukwakira 2012, yatangaje ko indege enye za Israel ari zo zagabye igitero kuri urwo ruganda rwo muri Sudani.
Yongeyeho ko Sudani ifite uburenganzira bwo kwihorera. Kugeza ubu Israel ntacyo yari yavuga kuri icyo gitero.
Leta ya Sudani ishobora kugeza ikirego mu kanama ka LONI, gashinzwe umutekano ku Isi kugira ngo igihugu cya Israel gikurikiranwe n’ubwo cyo gikomeje guterera agati mu ryinyo.



















TANGA IGITEKEREZO