Amakuru aturuka i Kampala muri Uganda aremeza ko umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa munani Mutarama 2013 watangaje ko uhagaritse imirwano ku ruhande rwawo (unilateral ceasefire).
Ni nyuma y’uko ku ruhande rwa leta ya Kinshasa yo yari yakomeje kuvuga ko nta mpamvu n’imwe ihari yatuma ishyira umukono ku masezerano ahagarika intambara.
Kuri uyu wa kabiri, umunyamabanga mukuru wa guverinoma ya M23 Francois Rucogoza; aganira n’abanyamakuru i Kampala yagize ati "Twahoze dushaka amahoro…; uyu munsi turatangaza ko duhagaritse urugamba…; kabone n’ubwo leta yakomeza kwanga gusinya amasezerano ahagarika intambara twe tuzakomeza ibiganiro».
Inkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters ivuga ko umuryango mpuzamahanga ufite impungenge ko amakimbirane hagati ya M23 na leta ya Kinshasa yakwaguka agakurura akaduruvayo mu karere, nk’uko byagenze mu myaka yashize.
Ikinyamakuru Chimpreports cyandikirwa muri Uganda, giherutse gusobora inkuru ivuga ko gifite amakuru yizewe ko ingabo 700 za Angola zinjiye mu burasirazuba bwa Kongo kuri Noheli y’umwaka ushize.
Kugeza ubu ibiganiro hagati ya leta ya Joseph Kabila na M23 ntibirasubukurwa, mu gihe byari biteganyijwe ko bisubukurwa ku wa karindwi Mutarama 2013.



















TANGA IGITEKEREZO