Umuryango utegamiye kuri Leta watangaje ko ugiye kubaka ivuriro ry’abarwayi b’amavunja mu gace ka Murang’a mu gihugu cya Kenya ahakunze kugaragara umubare munini w’abarwayi bayo.
Nk’uko uhagarariye uyu muryango yabitangaje, iyo nyubako izifashishwa mu kwita ku barwayi bazahajwe n’amavunja nk’uko tubikesha allafrica.com.
Umuyobozi w’uyu muryango Ahadi Kenya Trust, Stanley Kamau yabitangarije abo barwayi bo muri ubwo yabasuraga.
Biteganyijwe ko ibyo bitaro by’amavunja bizubakwa mu mwaka utaha, bikazuzura bitwaye miliyoni 200 z’Amashilingi.
Ibyo bitaro bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abantu 3000, kandi hazajya hatangirwa inama zo kwirinda amavunja.



















TANGA IGITEKEREZO