Inzego z’umutekano mu gihugu cya Kenya ziratangaza ko abantu barindwi bakomerekejwe bikomeye n’igisasu cyaturikiye mu rusengero ruherereye mu burasirazuba bw’Igihugu.
BBC yatangaje ko cyo gitero cyabaye kuri iki cyumweru mu mujyi wa Garissa uhana imbibi na Somaliya, kibasiye abantu bari mu rusengero ariko kugeza ubu bikaba ntawe urigamba gukora icyo gitero.
Mu kwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, abandi bantu 15 bahitanywe n’igisasu ubwo bari mu rusengero nabwo muri uyu mujyi wa Garissa, byigambwa n’umutwe wa Al-Shabab, umutwe urwanya Leta ya Somaliya ariko ugashinja Kenya kuba itera inkunga Leta ya Somaliya.
Umurwa mukuru Nairobi n’ibindi byambu byo muri Kenya nka Mombasa, bikunze kwibasirwa n’ibisasu bigabwa n’umutwe wa wa al-shabab hakanashimutirwa abanyamahanga bakomoka ku mu gabane w’Iburayi.



















TANGA IGITEKEREZO