Igihugu cya Kenya kirashinjwa kuba kigura intwaro ku buryo butemewe n’amategeko mu gihugu cya Iran, zigakoreshwa mu guhungabanya umutekano wo mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Icyegeranyo cyasohowe n’impuke za Loni kivuga ko izi ntwaro zizanwa rwihishwa n’igihugu cya Kenya usanga zikoreshwa n’abaturage bo mu gace ka Turukana muri Kenya, muri Uganda no mu bice bya Sudan y’Amajyepfo mu guhungabanya umutekano.
Iki cyegeranyo kandi kiravuga ko n’ubwo igihugu cya Iran cyakomanyirijwe kugurisha intwaro mu mwaka 2007 kubera gukora ibitwaro bya kirimbuzi, usanga gikomeje kuzigurisha mu gisirikare cya Kenya ku buryo butemewe n’amategeko.
Andi makuru ava mu gihugu cy’u Bwongereza avuga ko ubwato buturuka muri Iran buza butwaye intwaro, ziguzwe umubare mununi w’amadolari zikerekezwa muri Kenya.
Iki cyegeranyo cyererekanye ko n’ubwo Kenya cyasinyanye n’Umuryango w’Abibumbye ibijyanye no kurwanya intwaro zicuruzwa muri aka karere bitubahirizwa.
Iyi raporo iranashinja ibihugu nka Cote d’Ivoire, Guinea na Sudan kuba na byo bikomeje gukwirakwiza intwaro ku mugabane wa Africa bizivanye muri Iran.



















TANGA IGITEKEREZO