00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mauritania: Na bo bamaganye amashashi

Yanditswe na

Jotham Ntirenganya

Kuya 3 January 2013 saa 12:05
Yasuwe :

Igihugu cya Mauritania cyafashe umwanzuro wo guca amashashi mu rwego rwo kwita kubidukikije, no kurengera inyamaswa zikunze gupfira mu murwa mukuru Nouakchott bitewe n’amashashi ziba zariye.
U Rwanda ni cyo gihugu cyo ku mugabane wa Afurika cyabashije guca ikoreshwa ry’amashashi kugira ngo habungabungwe ibidukikije.
Kuri ubu hari ibindi bihugu bike bigize uyu mugabane na byo byihaye iyo ntego.
Nk’uko BBC ibitangaza, nibura 70% by’inyamaswa zipfira mu mujyi wa Nouakchott zihitanwa (…)

Igihugu cya Mauritania cyafashe umwanzuro wo guca amashashi mu rwego rwo kwita kubidukikije, no kurengera inyamaswa zikunze gupfira mu murwa mukuru Nouakchott bitewe n’amashashi ziba zariye.

U Rwanda ni cyo gihugu cyo ku mugabane wa Afurika cyabashije guca ikoreshwa ry’amashashi kugira ngo habungabungwe ibidukikije.

Kuri ubu hari ibindi bihugu bike bigize uyu mugabane na byo byihaye iyo ntego.

Nk’uko BBC ibitangaza, nibura 70% by’inyamaswa zipfira mu mujyi wa Nouakchott zihitanwa n’amashashi ziba zariye.

Mauritania yagabanyije umwanda ica amashashi

Minisitiri w’ibidukikije muri iki gihugu, Mohamed Yahya yatangarije mu ruhame ko amashashi aciwe kandi ko uruganda ruzafatwa ruyakora ruzahanwa.

Igenzura ryerekanye ko amashashi agize kimwe cya kane cy’imyanda iba mu mujyi wa Nouakchott, iyo myanda ikaba ingana na toni 56,000.

Hari hashize igihe gito, imiryango itegamiye kuri Leta ikangurira Mauritania guca amashashi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages