Muri iki gihe ibihugu bitandukanye bigenda bisa nk’aho biha uburenganzira ababana bahuje ibitsina, Perezida wa Uganda Yoweri Museveni arakangurira abayobozi n’abayoborwa kudashyigikira ababana bahuje ibitsina.
Ibi Museveni yabitangaje kuri iki cyumweru tariki ya 16 Ukuboza 2012 ahitwa Namirembe kuri Katederali ya St. Paul, mu birori byo kwimika Rev. Stanley Ntagali ku buyozi bw’itorero rya “The province of the Church of Uganda.”
Perezida Museveni yagize ati ”Niba hari ababana bahuje ibitsina ntabwo tuzabica cyangwa ngo tubahohotere, ariko ntituzigera tubashyigikira na rimwe. Ntitwashyigikira icyo gikorwa nk’aho ari ikintu cyiza.”



















TANGA IGITEKEREZO