Imwe mu myanzuro yavuye mu mishyikirano ihuza Guverinoma ya Centrafrique n’inyeshyamba za Seleka, hemejwe ko hashyirwaho Guverinoma ihuriweho n’impande zombi, Perezida agakomeza kuba Francois Buzize na ho minisitiri w’intebe akava ku ruhande rutavuga rumwe na Leta, ariko bombi nta n’umwe wemerewe kuziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu 2016.
Amakuru dukesha Ijwi rya amerika ni uko Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Frncois Buzize ejo yatangarije Radio y’igihugu ko nyuma yo kubonana n’abahagarariye inyeshyama zibumbiye mu mutwe wa Seleka n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, yashyizeho Minisitiri w’intebe, Niclas Tiangaye, uva mu ruhande rurwanya Guverinoma.
Mu masezerano y’amahoro yashyizweho umukono mu biganiro byabereye muri Gabon mu cyumweru gishize, ngo bemeranyije ko ari Perezida Buzize ari na Minisitiri w’intebe Nicolas nta n’umwe wemerewe kuzatanga Kandidatire ye mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu 2016.
Abarwanya Guverinoma batangiye ibitero kuwa 10 ukuboza 2012, bakaba barahagaritse intambara bamaze gufata ahanga na 1/3 cy’ubutaka bw’igihugu cya Centrafrique.



















TANGA IGITEKEREZO