‘’Ni tubona abaturage ba basivile bakomeje guhohoterwa , Leta ya Congo ndetse n’ingabo za Loni (Monusco) ntacyo bakora kugira ngo barengerd abaturage , bizaba ngombwa ko dufata umujyi wa Goma’’
Ibyo ni ibitangazwa na Jean Marie Runiga, umunyapolitiki w’umutwe M23 avuga biteguye gufata Umujyi ukomeye wa Goma, mu rwego rwo gutabara abaturage b’ Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bahohoterwa .
Ingabo za Monusco zimaze kwongera ingufu za gisirikare mu mujyi wa Goma mu rwego rwo kwitegura gusubuiza inyuma igitero gishobora kuwugabwaho.
Ingabo za M23, ubu zafashe agace ka Bunagana, zivuga ko Leta ikwiriye kugirana imishyikirano nazo bitaba ibyo zigakomeza urugamba.



















TANGA IGITEKEREZO