Tariki ya 2 Ukwakira ntiyahiriye abanyeshuri barenga 40 mu majyaruguru ya Nigeria, aho bagabweho igitero simusiga n’abantu bitwaje intwaro mu mujyi Mubi.
Amakuru dukesha urubuga rwa internet rwa BBC avuga ko iki gitero cyagabwe muri kaminuza yitwa Polytechnic Mubi, aho abanyeshuri barara ku buryo hari n’abemeza ko abarenga 40 bapfuye.
Ibi bitero bije nyuma y’iminsi mike ingabo za Nigeria zihiga bukware inyeshyamba zo mu mutwe wa Boko Haram, muri uyu mujyi wa Muba.
Umwe mu barimu bigisha muri iyi kaminuza utashatse kwivuga amazina ye, yatangarije BBC ko abantu baje bambaye imyenda ya gisirikare babanje gusaba aba banyeshuri kujya ku murongo, ubwo bahita batangira kubarasa abandi babicisha ibyuma.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Mubi, batangaje ko mu ijoro bumvise amasasu yamaze amasaha abiri kuri iri shuri, kandi ngo abagerageje gutabara nabo bakaba bararashweho n’aba bantu.
Umunyamakuru wa BBC Will Ross uri muri uyu mujyi, aratangaza ko aba bantu bitwaje intwaro nyuma yo kugaba ibi bitero, bahise barasa iminara ya telefoni iri muri uyu mujyi, kuburyo ngo n’abaje batabaye babuze itumanaho ryo kwifashisha.
Umujyi wa Mubi, uherereye muri Leta ya Adamawa ukaba utuwe n’Abayisilamu ndetse n’Abakirisitu. Mu mwaka wa 2009 umutwe wa Boko Haram wagiye ugaba ibitero muri uyu mujyi, ndetse abarenga 1,000 bamaze kwivuganwa n’uyu mutwe.



















TANGA IGITEKEREZO