Abantu bagera kuri barindwi bahitanywe n’igitero cy’ibyihebe kibasiye abakirisitu bari mu masengesho yabo yo ku cyumweru ku itariki ya Ukwakira 2012, muri Kiliziya iherereye mu majyaruguru ya Nigeriya.
Aho iki gitero cyabereye hakunze kubera ibitero byinshi nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yakomeje ibitangaza.
Nk’uko uwabyiboneye biturika yabitangarije BBC, imodoka yaje isatira Kiliziya, ipakiye intwaro zaturikijwe bisenya urusengero, abantu 7 bahise bahasiga ubuzima, abandi barakomereka.
Bivugwa ko imodoka yashatse kwinjira inyuze ku muryango rusange, ariko ntibayemerera, ica ruhinga nyuma, inyura mu rundi ruhande rwa Kiliziya isatira alitari n’abaririmbyi.
N’ubwo nta wari wigamba ko yaba yagize uruhare muri icyo gitero, BBC yatangaje ko umutwe wa Boko Haram ugendera ku mahame ya Islam ari wo ukunze kwitirirwa ibitero nk’ibi, kuko urwanya Guverinoma ushaka gushyiraho Leta igendera ku mahame ya kiyisilamu hakurikijwe itegeko rya Sharia.
Muri Nijeriya, ibitero byNbasira abakirisitu bimaze kugwamo abarenga 50 bahitanywe n’amabombe akunze guturika, akenshi yibasira insengero.



















TANGA IGITEKEREZO