Igihugu cya Norvege cyateye inkunga umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba EAC, ingana na miliyoni 5.3 z’amadorali ya Amerika yo gufasha ibikorwa by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage uhereye muri uyu mwaka kugeza muri 2014.
Umunyamabanga mukuru wa EAC, Amb. Dr. Richard Sezibera, ni we wasiinye amasezerano yashyizweho umukono na ambasaderi wa Norvege mu gihugu cya Tanzania ku wa gatanu.
Nk’uko byatangajwe na The New Times, amafaranga yatanzwe azafasha uyu muryango gutunganya inyubako zayo no kongerera abakozi ubushobozi hamwe no gukora ubushakashatsi.
Igihugu cya Norvege kiri mu byashinze uyu muryango kandi kikaba kiwutera inkunga kenshi.



















TANGA IGITEKEREZO