Muri gahunda yo gukingira abana bato batarengeje imyaka itanu yatangiye tariki ya 25 indwara y’imbasa mu gace ka Mahagi ko mu Ntara y’Iburasirazuba, abagenzuzi b’iryo kingira bagaragaza ko bafite ikibazo cy’amadini abiri Gakondo abuza abayoboke bayo gukingiza abana.
Umwe mu bakuru b’ayo madini yavuze ko amazi ahagije mu gukiza indwara y’Imbasa.
Umuyobozi wa Mahagi yamaganira kure iyo myumvire, akanasaba abayobozi b’ayo madini kureka abayoboke babo bagakingiza abana.
Dr. Audry Mulumba ushinzwe ibikorwa by’ikingira, avuga ko iyi gahunda y’ikingira igamije kurandura iyo ndwara mu duce tumwe na tumwe igaragaramo.



















TANGA IGITEKEREZO