Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Joseph Kabila, kuri uyu wa kane yahagaritse ku mirimo Gen Major Gabriel Amisi Kumba, wari ukuriye ingabo zirwanira ku butaka.
Perezida Kabila abinyujije ku muvugizi wa Leta akaba na Minisitiri w’itangazamakuru Lambert Mende, wabitangaje kuri televiziyo y’igihugu bigaragara ko ari icyemezo gikomeye.
Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko ivuga ko Minisitiri Mende agendeye kuri raporo y’impuguke ya Loni yavuze ko abayobozi bakuru mu ngabo za Congo bakomeza guhesha isura mbi igihugu ari na ko bigwizaho umutungo ukomoka ku mutungo kamere wa Congo.
By’umwihariko Gen Amisi Kumba ashinjwa ubucuruzi bw’intwaro ku mitwe yitwaje intwaro no ku bashimusi nk’uko Mende yabivuze.



















TANGA IGITEKEREZO