Igihugu cya Senegal n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe), kuwa Gatatu tariki 22 Kanama batangaje ko barangije ibikorwa by’imyiteguro yo kuburanisha uwahoze ari Perezida wa Tchad uregwa gutegeka ko ibihumbi by’abataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwe bicwa urubozo.
Ibi byemejwe nyuma y’ukwezi hatangajwe amasezerano y’agateganyo ku iburanishwa rya Habré.
Muri Nyakanga uyu mwaka, Urukiko Mpuzamahanga “Cour internationale de Justice”, rwategetse Senegal kuburanisha Hissène Habré cyangwa kumwohereza muri Tchad aho yakoreye ibyaha.
Ibiro Ntaramakuru by’Amerika dukesha iyi nkuru, bivuga ko Minisitiri w’Ubutabera wa Senegal Aminata Toure yabwiye radiyo yigenga yo muri icyo gihugu yitwa RFM, ko igikorwa igikorwa cyatangajwe na Senegal ifatanyije na Afurika Yunze Ubumwe cyerekana intambwe igaragara mu kuburanisha Habré.
Hissène Habré yayoboye igihugu cya Tchad giherereye muri Afurika yo hagati, kuva muri 1982 kugeza mu 1990, nyuma yo guhirikwa ku butegetsi yahawe ubuhungiro muri Senegal.



















TANGA IGITEKEREZO