Mu gihugu cya Sierre Leone ku wa gatandatu, tariki ya 17 Ugushyingo 2012, abaturage bagera kuri miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana atandatu baritorera Perezida, abagize Inteko Ishingamategeko, abayobozi b’imijyi n’Uturere. Mu bakandida bahatanira umwanya w’umukuru w’Igihugu bava inda imwe.
Perezida ucyuye igihe, Ernest Bai Koroma w’imyaka 59 y’amavuko, yiyamaje ku nshuro ya kabiri umwanya w’umukuru w’igihugu ahatana na murumuna we Julius Maada Bio wo mu ishyaka SLPP ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.
Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, yatangaje ko amashyaka umunani yatanze gutanga kandidature ku mwanya wa Perezida, umara imyaka itanu.
Julius Maada Bio arega mukuru we, ko ubutegetsi bwe butabashije kurwanya ruswa n’ubushomeri, bigatuma ashyira umuhate mu matora ngo asimbure umuvamdimwe we.



















TANGA IGITEKEREZO