00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Somalia: Abarwamyi babiri ba Al Shabaab bahitanwe n’igitero cy’indege

Yanditswe na

Constantin Tuyishimire

Kuya 29 September 2012 saa 07:49
Yasuwe :

Abarwanyi 2 bo mu mutwe witerabwoba wa Al Shabaab, ukorera mu gihugu cya Somalia, baguye mu gitero cy’indege ingabo z’igihugu cya Kenya zabagabyeho, muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Nzeri 2012.
Abarwanyi bapfuye ni Sheikhs Hassan Yakub na Abdikarim Adow , bakaba bari bamwe mu bayobozi b’uyu mutwe wari ufite ibirindiro ahitwa Kismayu mu Majyepfo y’umurwa mukuru w’iki gihugu.
Iki kitero kibaye mu gihe hari hashize igihe kingana n’umunsi umwe, aka gace ka (…)

Abarwanyi 2 bo mu mutwe witerabwoba wa Al Shabaab, ukorera mu gihugu cya Somalia, baguye mu gitero cy’indege ingabo z’igihugu cya Kenya zabagabyeho, muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Nzeri 2012.

Abarwanyi bapfuye ni Sheikhs Hassan Yakub na Abdikarim Adow , bakaba bari bamwe mu bayobozi b’uyu mutwe wari ufite ibirindiro ahitwa Kismayu mu Majyepfo y’umurwa mukuru w’iki gihugu.

Iki kitero kibaye mu gihe hari hashize igihe kingana n’umunsi umwe, aka gace ka Kismayu kigaruriwe n’ingabo z’Afurika Yunze Ubumwe zibungabunga amaho muri Somalia.

Nkuko The Daily Nation dukesha iyi nkuru ibitangaza, abandi barwanyi 5 ba Al-Shabaab nabo biciwe mu gitero cyabaye muri iri joro ryacyeye hagati y’abo barwanyi n’ingabo za AMISOM, ndetse hafashwe n’intwaro z’aba barwanyi.

Umuvugizi w’ingabo za Leta ya Kenya, Colonel Cyrus Oguna, yatangaje ko agace ka Kismayu kafashwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira iryo kuri uyu wa Gatandatu, nyuma y’imirwano ikomeye bagiranye n’abarwanyi ba Al-Shabaab.

Kismayu, ni kamwe mu duce tugize 80% by’aho Al-Shabaab yigaruriye, kuva ingabo za Afurika Yunze Ubumwe zagera muri Somalia mu butumwa bwo kubungabunga amahoro umwaka ushize.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages