Ambasaderi Fatuma Ndangiza ubwo yasuraga bimwe ibikorwa by’Akarere ka Karongi iki cyumweru yavuze ko umuco wo kwigira buri wese agomba kuwiyumvamo, bikamufasha kugera ku iterambere mu bikorwa no mu mibereho.
Imurikabikorwa ry’ibyagezweho mu miyoborere myiza, ryagaragaje ko abaturage bagomba kwigira, bakigirira ikizere bikabaha kubaho ntawe basaba ahubwo, bagashishikarira kuba bafasha abandi bakanabafasha kubona serivise zibateza imbere.
Ibi Ndangiza avuga ko bizagerwaho hakomeza gutezwa imbere amahoteri n’ubukerarugendo ku kiyaga cya Kivu, saba abaturage ko haza ibikorwa bitandukanye bindi bidahari birimo amatorero abyina bituma ba mukerarugendo bahaza ,ibikorwa by’ubukorikori n’ibindi.
Abanyakarongi bibukijwe ko u Rwanda ruhiga ibindi bihugu ku bidukikije, bityo inzu ndangamuco y’ibidukikije yubatswe ikaba igomba kuba isokoy’iterambere.
Iyi nzu izajya ishyirwamo ibiti bitandukanye biboneka mu Rwanda, birimo iby’imiti ya Kinyarwanda.



















TANGA IGITEKEREZO