Ibi Minisitiri Busingye yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Gashyantare 2016 , ubwo yaganiraga na Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage, Uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage muri Sena.
U Rwanda rwakunze gushinjwa n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu gufata no gufunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Minisitiri Busingye yavuze ko mu myaka yatambutse, iki kibazo cyagaragaraga, ariko ngo mu myaka ine ishize, Leta yashyize imbaraga kugirango ibikorwa byose byubahirize amategeko.
Yagize ati “Ntabwo gereza ifite uburenganzira bwo gukingura umuryango ngo hinjiremo umuntu nk’uwinjiza inka ahantu aho ari ho hose. Icyo cyavuyeho, kiramutse gikorwa gereza yacyirengera.”
Minisitiri Busingye kandi yagarutse ku bantu bakunda kuvuga ko bakorewe iyicarubozo igihe babazwa mu iperereza n’inzego zibishinzwe.
Yagize ati “Kuri Sitasiyo ya Polisi mwese mujyayo ku mpamvu zitandukanye. Hakora ku manywa y’ihangu, haba hari imiryango ifunguye. Ubushinjacyaha bukora ku manywa y’ihangu, hariya hantu iyo muhareba mwebwe mubona hari akumba kihariye bashyiramo umuntu bakaba bamutera ibikwasi?”
Zimwe mu ngamba avuga ko Leta yafashe,harimo izo yahaye amagereza yose atuma nta muntu ushobora kwakirwayo nta byangombwa bimufunga afite.
Minisitiri Busingye avuga ko mbere byaterwaga n’impamvu zitandukanye zirimo amadosiye ya bamwe yari abitse nabi, nko kuba icyemezo gifata umuntu kiri aho adafungiwe cyangwa imyandikire y’amadosiye itanoze.



















TANGA IGITEKEREZO