00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UTAB yahaye impamyabumenyi abarenga 600 yizeza ko badacyuye ibipapuro gusa

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 23 November 2018 saa 10:37
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru w’Ishuri ry’Ikoranabuhanga n’Ubugeni, UTAB, Padiri Prof. Dr. Nyombayire Faustin, yavuze ko abarangije muri iri shuri batahawe ibipapuro byo kujya ku isoko ry’umurimo ahubwo bahawe ubumenyi buzahindura ubuzima bw’igihugu.

Yabigarutseho kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2018, mu butumwa yagejeje ku bitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku basaga 600 basoje amasomo y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu birori byabereye ku cyicaro gikuru cy’iri shuri mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.

Abarangije barimo ab’igitsinagore 367 n’abagabo 279 bize ubugeni, ivugururamibereho rigamije iterambere ry’abanyarwanda, gucunga umutungo no kwimakaza iterambere, abarezi babereye kurerera u Rwanda mu bumenyi n’ubumenyamuntu.

Harimo kandi abize ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, kubungabunga ibidukikije n’ingufu zisubira (Renewable Energy).

Padiri Nyombayire yavuze ko abarangije amasomo bahawe impamyabumenyi bagiye kuzana impinduka mu buzima bw’u Rwanda n’abanyarwanda, ahanini abihereye ku buhanga bahawe.

Yagize ati “Uyu munsi turishimira umusaruro ariko icyo twishimira kurushaho ni uko ari abanyabwenge, ni amaboko igihugu cyungutse kuko abo twigisha ntabwo ari ukugira ngo tuzabahe impamyabumenyi ku gipapuro ahubwo tubafasha guhinduka mu myumvire, mu mitekerereze no mu mikorere. Ubu bagiye gutuma u Rwanda rurushaho kuba rwiza.”

Yakomeje agira ati “Nshuti murangije amasomo, buri herezo ni intangiriro, ubu muribwira ngo murarangije ariko mu by’ukuri muratangiye”.

Mu myaka 12 iri shuri rimaze rishinzwe, ryagize kandi uruhare mu gutanga ubujyanama mu buhinzi n’ubworozi, gukanguriye abaturage isuku n’imirire myiza.

Iri shuri kandi ryashyize imbaraga mu bushakashatsi n’amasomo yo mu buryo bwa Iyakure ‘E-Learning’, banatanga kandi amahugurwa y’igihe gito y’indimi zirimo Igifaransa n’igiswahili.

Umuyobozi Mukuru wa Skol Rwanda, akaba n’umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi ya UTAB, Ivan Wulffaert, yasabye abasoje amasomo guhindura ubuzima bw’abanyarwanda na Afurika muri rusange.

Yagize ati “Mu buzima bwanyu muzahura n’abantu ibihumbi bitanu ariko bazababwira ibitandukanye. Mwe 646, musoje hano muzahindura ubuzima bw’abatuye u Rwanda na Afurika. Niba utekereza ko bigoye guhindura ubuzima bw’abantu 10, uri umwe, ibyo ni ukwibeshya.”

Yakomeje avuga ko byose ariko bazabigezwaho n’inshuti nziza ndetse n’abafasha beza, ati “Mugomba guhitamo inshuti nziza.”

Uwari uhagarariye abanyeshuri bahawe impamyabumenyi, Mutuyemariya Anastasie, urangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu buhinzi n’ubworozi, yavuze ko ubumenyi bakuye muri iri shuri bitazaba amasigaracyicaro ahubwo bagiye kubikoresha mu kubaka igihugu.

Abasoje amasomo y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri UTAB barenga 600
Abasoje Kaminuza biganjemo ab'igitsina gore bangana na 56%
Byari ibyishimo ku basoje kaminuza muri UTAB
Ababaye indashyikirwa bahembwe
Abayobozi ba UTAB batanga ibihembo by'ishimwe ku banyeshuri babaye indashyikirwa
Musenyeri Nzakamwita ashyikiriza ibihembo Mutuyemariya waje mu babaye indashyikirwa
Musenyeri Nzakamwita ni umwe mu bashinze iyi kaminuza yahoze yitwa IPB
Padiri Nyombayire uyobora UTAB, yavuze ko abarangije muri iri shuri batagiye ku isoko ry'umurimo ahubwo bagiye guhanga imirimo
Umuyobozi Mukuru wa Skol Rwanda, akaba ni umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi ya UTAB, Ivan Wulffaert
Umuyobozi wa Skol Rwanda ashyikiriza uwitwaye neza icyangombwa kimwemerera kuzakora imenyerereza muri iki kigo
Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya UTAB, Dr Ndahiro Alfred yashimiye ubwitange bwaranze ubuyobozi, abarimu n'abanyeshuri muri uru rugendo basoje
Mutuyemariya Anastasie urangije mu bijyanye n'ubuhinzi n'ubworozi yavuze ko ubumenyi bakuye muri UTAB butazaba amasigaracyicaro ahubwo bazabukoresha mu guhindura imibereho y'abanyarwanda
Uwabaye uwa mbere mu ishami ry'ingufu zisubiwemo yahembwe kuzakora imenyereza muri Skol Rwanda
Umushumba wa Diyosezi ya Byuma, Musenyeri Nzakamwita Servilien, ari mu Nteko akaba n'uhagarariye Kaminuza ya UTAB mu rwego rw'amategeko
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru wari umushyitsi mukuru muri ibi birori byo gutanga impamyabumenyi ku basoje amasomo y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri UTAB

Amafoto: Muhizi Serge


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages