00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Abamotari bemeza ko gutanga utunozasuku harimo imbogamizi nyinshi

Yanditswe na

Théogène Ishimwe

Kuya 30 July 2012 saa 07:32
Yasuwe :

Nubwo leta yashishikarije abamotari kujya baha utunozasuku abagenzi batwaye mu rwego rwo kurengera isoko yo mu mutwe, muri iyi minsi bamwe mu bamotari bo mu mujyi wa Kigali ntibakitwitwaza, abenshi bavuga ko batarwanya gahunda y’akanozasuku ahubwo impamvu ngo ni uko harimo ibibazo.
IGIHE yaganiriye n’abamotari batandukanye bakorera mu mujyi wa Kigali kuri iki kibazo maze bavuga ko bibakomereye gutunga utunozasuku.
Mbonizanye Ferdinand umwe mu bamotari avuga ko hari abamotari bafite (…)

Nubwo leta yashishikarije abamotari kujya baha utunozasuku abagenzi batwaye mu rwego rwo kurengera isoko yo mu mutwe, muri iyi minsi bamwe mu bamotari bo mu mujyi wa Kigali ntibakitwitwaza, abenshi bavuga ko batarwanya gahunda y’akanozasuku ahubwo impamvu ngo ni uko harimo ibibazo.

IGIHE yaganiriye n’abamotari batandukanye bakorera mu mujyi wa Kigali kuri iki kibazo maze bavuga ko bibakomereye gutunga utunozasuku.

Mbonizanye Ferdinand umwe mu bamotari avuga ko hari abamotari bafite ubushake bwo gukoresha utunozasuku ariko ngo ikibazo ni uburyo tubonekamo. Ati: ‘’utunozasuku ntituturwanya ahubwo hari igihe usanga aho tutugurira nta duhari, kandi ibyo ntibyatubuza gukora uwo munsi. Kandi niyo duhari akenshi tuba duhenze’’.

Ubusanzwe ngo utunozasuku tuboneka ku biro by’amakoperative y’abamotari. Mbonizanye avuga ko akanozasuku kamwe bakagura 40frw, ngo ku munsi akoresha udupaki tubiri mu gihe agapaki kamwe kabamo utunozasuku 24.

Akanozasuku ni agatambaro kambarwa n’umugenzi wa moto mbere yo kwambara ingofero(Casque) mu rwego rw’isuku no kwirinda indwara zitandukanye kuko casque imwe yambarwa n’abantu benshi.

Undi mumotari waganiriye na IGIHE ni Ndahimana Athanase, avuga ko hari igihe umumotari atitwaza utunozasuku kuko hari n’abagenzi banga kutwambara. Ndahimana avuga ko hari umugenzi yagahaye amubwira ko kuba amaze imyaka 10 agenda kuri moto nta ndwara zo ku mutwe arandura, ngo bivuze ko akanozasuku atari ngombwa.

Ndahimana kandi yemeza ko kugura utunozasuku ku bamotari bishobora kubatera igihombo. Ati : “Gutwara umugenzi ahantu ha 300frw ukamuha akanozasuku waguze 50frw, ibyo byatera igihombo’’.
Ndahimana kandi avuga ko gahunda zo gukoresha akanozasuku zatangiye litiro ya lisansi igura 940frw none ubu ikaba igura 1030frw, ubu ngo birakomeye kugura utunozasuku byiyongera kuri lisansi ihenze ugereranije no mu gihe gishize .

Undi mumotari utarivuze izina yabwiye IGIHE ko abona ibyo ko gukoresha akanozasuku muri iyi minsi bidashoboka, kuri we igishoboka ngo ni uko bajya bategeka abagenzi kukigurira.

Abajijwe ikiri gukorwa ngo abamotari bitabire kugendana utunozasuku ,Umuvugizi w’umujyi wa Kigali Rangira Bruno avuga ko leta ikiri muri gahunda yo kubakangurira impamvu y’akanozasuku n’ibyiza byako ,naho ngo ntibiraba itegeko. Ati :’’ twatanze amabwiriza ku bamotari, ufashwe atagakoresha ashobora guhanwa, ariko kuko bitaraba itegeko ntabwo inzego z’umutekano ziratangira gufata no gutanga ibihano ku batagakoresha .’’

Ku bibazo by’abamotari bavuga ko byaba impamvu yo kudakoresha akanozasuku, Rangira avuga ko ibyo bibazo byose abamotari bagomba kubigeza ku buyobozi bw’amashyirahamwe yabo noneho nayo akabigeza ku buyobozi bw’umujyi wa Kigali.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages