Ubwo ubuyobozi bw’ibicukurwa mu butaka bwiga ku gucukura Petelori yo mu Kiyaga cya Kivu, Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko yatangiye gahunda yo kwegeranya ibimenyetso bigaragaza ko ihari, mu myaka itatu iri imbere ikaba yagaragaje ingano yayo.
Minisitiri w’Intebe Dr Habumuremyi Pierre Damien agaragaza uko ubucukuzi bwifashe mu Rwanda, yavuze ko Guverinoma yatangiye gahunda yo kwegeranya ibimenyetso by’ibanze no kunoza amasezerano ku bashoramari bazakora ubushakashatsi kuri petelori n’imari izashorwamo, kugeza hagaragaye ingano nyayo ya peteroli u Rwanda rufite.
Dr Habumuremyi yagize ati ”Ubushakashatsi kuri petelori burimo gukorerwa mu kiyaga cya Kivu, ahangana na kilometero kare 1,630. Aho ubushakashatsi bugeze ubu buragaragaza ko imiterere y’intango y’Ikiyaga cya Kivu igaragaza amabuye ashobora guhunika Petelori”.
Minisitiri w’Intebe Pierre Damien Habumuremyi yavuze ko igisigaye ari ubushakashatsi bwimbitse, buzakurikirwa no gucukuza iriba ry’ikitegererezo rizagaragaza ko harimo petelori.



















TANGA IGITEKEREZO