00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda yambuwe inkunga kubera imicungire mibi y’umutungo

Yanditswe na

Noël Turikumwe

Kuya 27 October 2012 saa 09:19
Yasuwe :

Guverinoma ya Irland yahagaritse inkunga ingana na miliyoni 52,8 z’amashiringi yageneraga Uganda nyuma y’aho miliyoni 4 z’Amayero zigaragariye ko zanyererejwe mu biro bya Minisitiri w’Intebe.
Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Irish Times, ngo aya mafaranga yanyerejwe bivugwa ko yaba yarashyizwe kuri konti itari yo. Ngo byakozwe n’abo mu biro bya Minisitiri w’intebe Amama Mbabazi mu gihe yari imfashanyo igenewe kurwanya icyorezo cya Sida, gukoreshwa mu burezi no gufasha uduce two muri (…)

Guverinoma ya Irland yahagaritse inkunga ingana na miliyoni 52,8 z’amashiringi yageneraga Uganda nyuma y’aho miliyoni 4 z’Amayero zigaragariye ko zanyererejwe mu biro bya Minisitiri w’Intebe.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Irish Times, ngo aya mafaranga yanyerejwe bivugwa ko yaba yarashyizwe kuri konti itari yo. Ngo byakozwe n’abo mu biro bya Minisitiri w’intebe Amama Mbabazi mu gihe yari imfashanyo igenewe kurwanya icyorezo cya Sida, gukoreshwa mu burezi no gufasha uduce two muri Uganda dukennye cyane.

Minisitiri wa Irland ushinzwe ububanyi n’amahanga Gilmore yatangarije ikinyamakuru Irish Times ko mbere yo guhagarika iyi nkunga habanje gukorwa iperereza n’abashinzwe ubugenzuzi bw’imari muri minisiteri ya Irland ishinzwe ububanyi n’amahanga.

Gilmore yasabye ambasaderi wabo muri Uganda Anne Webster kumvisha leta ya Uganda uburyo leta ya Irland ifata nk’ikosa rikomeye kunyereza umutungo.

Gilmore avuga ko bohereje muri Uganda ikipe igamije kugenzura aho ayo mafaranga yagiye ngo barebe uburyo bashobora kuyagarura. Gusa umuvugizi wa Leta ya Uganda Karooro Okurut yanze kugira icyo avuga kuri icyo kibazo yitwaje ko atarasoma icyo cyegeranyo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages