00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukambwe Nelson Mandela yavuye mu bitaro

Yanditswe na

René Anthère Rwanyange

Kuya 26 December 2012 saa 11:42
Yasuwe :

Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, umukambwe Nelson Mandela, nyuma yo kumvira umunsi mukuru wa Noheli kwa Muganga, kuri uyu wa Gatatu yasibuwe.
Nk’uko tubikesha urubuga bbc.com, umukambwe Nelson Mandela yasibuwe aho yari arwariye mu bitaro i Pretoria muri afurika y’Epfo yerekezwa iwe, ariko akaba agikomeza gufata imiti.
Urwo rubuga rukomeza ruvuga ko umugore we Graca Machel na Perezida wa Afurika y’Epfo Jacob Zuma kuri Noheli bagiye kumusura aho yari arwariye ariko bagasanga yari (…)

Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, umukambwe Nelson Mandela, nyuma yo kumvira umunsi mukuru wa Noheli kwa Muganga, kuri uyu wa Gatatu yasibuwe.

Nk’uko tubikesha urubuga bbc.com, umukambwe Nelson Mandela yasibuwe aho yari arwariye mu bitaro i Pretoria muri afurika y’Epfo yerekezwa iwe, ariko akaba agikomeza gufata imiti.

Urwo rubuga rukomeza ruvuga ko umugore we Graca Machel na Perezida wa Afurika y’Epfo Jacob Zuma kuri Noheli bagiye kumusura aho yari arwariye ariko bagasanga yari ameze neza. Zuma akaba yari yabwiye abaganga ko bashimishijwe n’uburyo ubuzima bwa Mandela bugenda burushaho kumera neza.

Ku Cyumweru Mandela akaba yari yashimiye abanyafurika y’Epfo ku butumwa bari bakomeje kumwoherereza.

Mandela akaba yari amaze iminsi 18 mu bitaro.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages