Nyuma y’imitwe myinshi y’inyeshyamba ikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nka M23, Mai Mai Raiya Mutomboki, Mai Mai ya Kutumba, Mai Mai Kifuafua n’indi, mu Ntara ya Kasai havutse undi mutwe witwara gisirikare ushyigikiye umukandida watsinzwe amatora ariwe Etienne Tshisekedi.
Uyu mutwe mushya wahawe izina rya “Armée du Peuple Congolais pour le changement et la Démocratie” bisobanuye “Ingabo z’Abaturage ba Congo zigamije impinduka na Demokarasi.”
Nk’uko tubikesha Radio Okapi, umuyobozi w’izi nyeshyamba ni Lt. Col. John Tshibangu wahoze ari umusirikare mu ngabo za Leta. Avuga ko icyatumye bajya mu ishyamba ari uko batemera ubutegetsi bwa Joseph Kabila, kuko ngo atari we watsinze amatora y’Umukuru w’igihugu umwaka ushije, bityo bakaba bifuza gushyiraho Etienne Tshisekedi bari bahanganye.
Lt Col Tshibangu afite imyaka 42, avuga ko yakoze amahugurwa y’Abakomando muri Isreal mu kurwanya iterabwoba. Ku itariki 16 Kanama 2012 nibwo yatangaje ko avuye mu ngabo za Congo, nyuma yo kumenya ko ngo hari umugambi mu bayobozi bakuri b’igihugu wo kugabanya Congo mu duce twinshi twigenga.
Lt Col Tshibangu yabwiye ikinyamakuru cya Congo Indépendant, ko ahamagarira ingabo ayoboye kurwanira impinduka na Demokarasi.
Nk’uko iki kinyamakuru gikomeza kibivuga, Lt. Col.Tshibangu yagiye mu ishyamba guhera muri Kanama 2012 ajyanye n’abasirikari 12 bo mu bwoko bwe bw’Abaluba.
Mbere y’uko yigomeka ku butegetsi, Lt. Col. John Tshibangu niwe wari wungirije umukuru w’ingabo za Leta mu ntara ya Kasai y’u Burengerazuba.
Mu kiganiro na Radiyo Okapi ku murongo wa telefoni, Tshibangu yavuze ko yashinze umutwe w’inyeshyamba ushingiye ku bwoko bwe bw’Abaluba ndetse ahita yizamura mu ntera afata ipeti rya Lieutenant General.
Ku rundi ruhande umuyobozi w’ipererza muri Congo Col. Kalev Mutond, yahakanye aya makuruyemeza ko ari ibihuha.
Uyu mutwe uje mu gihe Leta ya Kinshasa yari imaze iminsi ihangayikishijwe n’intambara iri mu Burasirazuba, aho umutwe wa M23 wigometse ku ngabo z’iki gihugu wafashe imijyi myinshi mu gihe gito. M23 igizwe ahanini n’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, ivuga ko yongeye gufata intwaro kuko Leta ya Kabila itubahirije amasezerano yagiranye nabo ubwo bari mu mutwe wa CNDP, wivanze n’ingabo za Leta muri 2009.



















TANGA IGITEKEREZO