Ikigo cy’Iterambere mu Rwanda RDB kiratangaza ko ubukerarugendo bwinjirije igihugu amafaranga menshi, abashoramari na bo bariyongera, ibikorwa mu guteza imbere ubukerarugendo biriyongera hanajyaho imikoranire n’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse na serivisi zo gutwara abantu mukirere ziriyongera.
Rwigamba Rica, umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo muri RDB, avuga ko ubukerarugendo bwateye imbere kubera ibikorwa bitandukanye byagiye bigerwaho muri uru rwego. Avuga ko hubatswe ikiraro gituma abakerarugendo baabsha kureba ibyizwa bya Pariki y’Igihugu ya Nyungwe (Canopy Walk Way), hanatunganywa uruhererekane rw’imisozi igabanya imigezi yisuka mu ruzi rwa Nil n’iyisuka mu rwa Congo (Crête Congo). Ikindi ni uko ngo hatashywe amahoteli mashya hakanubakwa andi.
Rwigamba avuga ko hazakomeza kongerwa ingufu mu bikorwa biteza imbere ubukerarugendo, mu kubaha serivisi nziza no kunoza ishoramari mu bikorwa biteza imbere ubukerarugendo ku bufatanye n’abikorera.
Karera Denis, umwe mu bafatanyabikorwa ba RDB uhagarariye ihuriro ry’abanyamahoteli mu Rwanda, yadutangarije ko mu rwego rw’Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) Leta n’abikorera bakomeje gukorana mu guteza imbere ubukerarugendo.
Karera avuga ko sosiyete nshya zitwara abantu mu ndege zaje gukorera mu Rwanda no mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zirimo nka Qatar Airways na Turikish Airlines. Ati “Si mu Rwanda gusa zikorera kuko iyo zivuye i Kigali zerekeza mu duce two mu karere bikagaragaza imikoranire myiza na bo.”
Mu bindi byakozwe ni uko amahoteli yo mu Rwanda yahawe inyenyeri, mu gihe ayo mu karere yari yarabigezeho mbere.



















TANGA IGITEKEREZO