00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abayobozi b’uturere twarwaje uburenge baremeza ko nta nka bagifite zirwaye

Yanditswe na

Olivier Rubibi

Kuya 19 February 2013 saa 10:42
Yasuwe :

Nyuma y’aho abayobozi b’uturere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare bafatiye umwanzuro wo guhagurukira guca burundu inka zanduye indwara y’uburenge, ubu ngo izi nka zamaze kuvanwa mu zindi bikaba bikwiye ko amasoko y’inka yafungurwa.
Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise, yavuze ko inka zose zari zorwaye uburenge zavanywe mu nzima; ati “Inka eshatu za nyuma twazikuye mu mashyamba aho aborozi bari bazihishe ku munsi w’ejo kandi dufite icyizere ko nta (…)

Nyuma y’aho abayobozi b’uturere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare bafatiye umwanzuro wo guhagurukira guca burundu inka zanduye indwara y’uburenge, ubu ngo izi nka zamaze kuvanwa mu zindi bikaba bikwiye ko amasoko y’inka yafungurwa.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise, yavuze ko inka zose zari zorwaye uburenge zavanywe mu nzima; ati “Inka eshatu za nyuma twazikuye mu mashyamba aho aborozi bari bazihishe ku munsi w’ejo kandi dufite icyizere ko nta zindi nka zisigaye mu karere ka Gatsibo zanduye Uburenge.”

Umuyobozi w'Akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise yemeza ko nta nka ikirwaye uburenge iri muri aka karere

Ruboneza yakomeje avuga ko gukumira iki cyorezo muri aka karere bitoroshye kubera ko imbogo n’inzovu na zo zambuka umupaka zikaba zishobora kuba zazana indwara y’uburenge.

Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Sabit Atuhe Fred, na we yatangarije IGIHE ko kugeza ku wa gatanu w’icyumweru gishize nta nka n’imwe irwaye uburenge yari ikirangwa mu karere ka Nyagatare. Ati “Abaturage bo muri aka karere ni bo basigaye bagira uruhare mu gukumira aborozi barwaje uburenge aho basigaye bagaragaza aba borozi.”

Mu nama abayobozi b’inzego z’ibanze bagiranye na Minisitiri w’Intebe, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Karibata Agnes yavuze ko abayobozi b’uturere turwaje uburenge baramutse bashyize mu bikorwa ibyo biyemeje bakavana inka zirwaye mu zindi, ukwezi kwa gatatu kwazasiga amasoko y’inka afunguwe muri utu turere uko ari dutatu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages