00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aba Sheikh b’Abanyatanzaniya bababajwe n’uko abanyamadini bijanditse muri Jenoside

Yanditswe na

Twizeyimana Fabrice

Kuya 23 April 2014 saa 03:55
Yasuwe :

Itsinda ry’abayobozi muri Islam yo muri Tanzaniya basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Mata 2014, bavuga ko bababajwe bikomeye no kubona abanyamadini basanzwe bafatwa nk’abakozi b’Imana barishoye mu bikorwa by’ubwicanyi.
Aba Sheikh basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bamenya ko itangazamakuru n’amadini byayigizemo uruhare.
Sheikh Nudhin Kishki yavuze ko yatunguwe kandi akanababazwa no kumva abanyamadini bagenzi be (…)

Itsinda ry’abayobozi muri Islam yo muri Tanzaniya basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Mata 2014, bavuga ko bababajwe bikomeye no kubona abanyamadini basanzwe bafatwa nk’abakozi b’Imana barishoye mu bikorwa by’ubwicanyi.

Aba Sheikh basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bamenya ko
itangazamakuru n’amadini byayigizemo uruhare.

Sheikh Nudhin Kishki yavuze ko yatunguwe kandi akanababazwa no kumva abanyamadini bagenzi be bishora mu bwicanyi, mu gihe nyamara bari bafite inshingano yo guharanira amahoro no kuba “nkore bandebereho muri rubanda.”

Yagize ati “Abanyamadini ni abakozi b’Imana, ni abantu ubundi bakagombye kwigisha abandi guharanira amahoro n’umutuzo.Byanguye nabi cyane kubona abantu bitwa ngo ni abakozi b’Imana barijanditse mu bikorwa byo kwica abantu.”

Sheikh Nudhin yonyeyeho ko abanyamadini n’Abayisilamu by’umwihariko bakwiye kubera abandi itabaza rimurika ku mahoro, kugira ngo isi yose ibone amahoro n’umutuzo.

Ikindi cyababaje aba Bayisilamu bo muri Tanzaniya, ngo ni uburyo itangazamakuru ubusanzwe rifite ishingano zo kwigisha abantu, kubaha amakuru no kubanezeza, naryo ryafashe iya mbere mu guhamagarira abaturage kwishora mu bikorwa by’ubwicanyi kandi nabo bakaryumvira.

Aba basheikh bavuga ko basuye uru rwibutso nka kimwe mu bikorwa bateguye mu rugendo rwabo rugikomereza no mu bindi bihugu.

Itsinda ry’abayobozi ba Islam muri Tanzaniya basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages