Umuryango Nyarwandana wita ku bana witwa Child Care, wemeza ko ibihano biremereye, rimwe na rimwe binatesha umwana agaciro, ari byo bamwe mu babyeyi ndetse n’abarezi bahanisha abana mu Rwanda. Ariko kandi ngo ntibikunze kugaragara aho umubyeyi cyangwa umurezi asaba umwana imbabazi iyo ari we wamukoshereje.
Mu nama ngarukamwaka y’abanyamuryango ba ’Parenting in Africa Network’ mu Rwanda yabaye kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2015, Munyaburanga Eduard, umuyobozi w’Umuryango Nyarwandana witwa Child Care, akaba anahagarariye ’Parenting in Africa Network’ mu Rwanda yavuze ko ibihano bihabwa abana b’abanyarwanda usanga biremereye.
Yagize ati “Ababyeyi b’abanyarwanda hamwe n’abarezi (abarimu) ubona ko akenshi bahanisha abana ibihano biremereye, rimwe na rimwe ugasanga ntibingana n’ikosa umwana aba yakoze, ariko kugira ngo batinyuke basabe umwana imbabazi ugasanga ni ikintu bamwe batinya gukora. Iyo usabye umwana imbabazi bituma akwiyumvamo, ukamubera umubyeyi kandi ukamubera n’inshuti.”
Yakomeje avuga ko bene ibi bihano biremereye bitesha abana agaciro ndetse bigatuma baba abanyamujinya.
Munyaburanga ashimangira ko bishobora no kuba nyirabayazana w’ubwiyongere bw’abana b’inzererezi.
Yagize ati “Twasanze abana bajya kuba inzererezi batabiterwa n’ubukene, ahubwo biterwa n’uburyo babayeho mu muryango ndetse n’uburyo babanye n’ababyeyi babo.”
Munyaburanga avuga ko mu bushakashatsi bwinshi bagenda bakora, abana bababwira ko ibihano bikarishye bahanishwa n’ababyeyi babo hamwe n’amakimbirane yo mu muryango ari byo biza ku isonga mu gutuma abana bava mu miryango yabo bakajya kuba inzererezi.



















TANGA IGITEKEREZO