00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abacungagereza barangije amahugurwa basabwe kubahiriza uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 10 December 2021 saa 07:41
Yasuwe :

Abacungagereza barangije amahugurwa mu Ishuri ry’Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa rya Rwamagana, basabwe kurushaho kubahiriza uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa kuko kuba muri gereza bitabagira ibicibwa.

Ibi babisabwe kuri uyu wa 12 Ukuboza 2021 na Komiseri Mukuru wa RCS, CG Juvénal Marizamunda ubwo yasozaga amahugurwa y’icyumweru n’andi y’amezi ane yahawe abacungagereza bo mu byiciro bitandukanye.

Abarangije ay’icyumweru ni 25 bahabwaga amasomo ku burenganzira bwa muntu n’ikigo mpuzamahanga gitanga ubufasha mu by’amategeko kinayigisha, Raoul Wallenberg Institute ku bufatanye n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC.

Hari kandi n’abandi 61 barangije ay’amezi ane yari agamije kongera ubumenyi bugendanye n’inshingano za RCS, barimo abato 31 babarizwa mu cyiciro cya NCO (Non-Commissioned Officers) ndetse n’abandi bakuru 30 b’aba-Ofisiye bafite ipeti kugeza ku rya senior superintendent.

CG Marizamunda yavuze ko aya mahugurwa agamije kunoza neza akazi ku Rwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa bigendanye n’igihe, aho yasabye abayarangije kuba inyangamugayo, abanyamwuga kandi bakarangwa n’ikinyabupfura.

Yakomeje agira ati “Icyo tubasaba ni ukugira ngo bagende barusheho kubahiriza uburenganzira bw’abo bashinzwe kugorora ariko noneho n’ubumenyi bavanye hano bagende babusangire n’abasigaye batagize amahirwe yo kuza gukora aya mahugurwa.”

Uwari uhagarariye itsinda ry’abatoza, Leonard Onyonyi, yavuze ko batanze amahugurwa mu rwego rwo gufasha ibihugu bibarizwa mu Karere gukurikiza amategeko mpuzamahanga mu kugorora abahamwe n’ibyaha ndetse bagakatirwa n’inkiko.

Yongeyeho ati “Impamvu twigisha uburenganzira bwa muntu ku bacungagereza ni uko gucunga imfungwa n’abagororwa atari ukubahana ahubwo ari ukubagorora kandi bigakorwa mu buryo bwuhahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu.”

Umwe mu bahawe aya mahugurwa, SSP Geneviève Niyomufasha, yavuze ko amasomo bahawe bagiye kuyashyira mu bikorwa bongera imbaraga mu byo bakora kandi kinyamwuga.

Ati “Ni amasomo agiye guhindura uko twakoraga, urugero twize isomo ryo gushyira abagororwa mu byiciro, aho bikorwa bishingiye ku bihano bakatiwe, abagiye kurangiza ibihano, abafite imyitwarire idasanzwe n’abandi. Ibi bituma ubasha kubagorora ushingiye ku cyo buri wese akeneye.”

Aya mahugurwa biteganyijwe ko azajya atangwa mu byiciro ku bacungagereza batandukanye, ndetse itsinda ryatanze amasomo ryasabye ko hategurwa amahugurwa ku bazajya batoza abandi kugira ngo aya masomo agere kuri benshi mu gihe gito.

Kugeza ubu mu Rwanda habarizwa abacungagereza 2.120.

Abitwaye neza mu mahugurwa y'amezi ane bahawe ibihembo
CG Juvénal Marizamunda n'Umuyobozi w'Ishuri rya RCS Rwamagana, ACP Eduard Wakubirwa
Basabwe kurushaho kunoza akazi bakora batavutse uburenganzira bwa muntu imfungwa n'abagororwa
Bahawe amahugurwa abafasha kunoza neza inshingano z'Urwego rushinzwe Imfungwa n'Abagororwa
CG Marizamunda yasabye abarangije amahugurwa kuyashyira mu bikorwa no kuyasangiza abandi batagize amahirwe yo kuyabona
Hatanzwe impamyabushobozi 'certificat' ku basoje amasomo y'icyumweru
Onyonyi yavuze ko aya masomo azatangwa mu bihugu bitandatu bigeze EAC, aho bamaze kuyatanga muri Tanzania no mu Rwanda hasigaye u Burundi, Sudani y'Epfo, Uganda na Kenya
Bamwe mu bacungagereza 25 barangije amasomo ku burenganzira bwa muntu, abayobozi babo ndetse n'itsinda ryabigishije ryaturutse muri Raoul Wallenberg Institute ndetse no muri EAC
Mu bahawe amahugurwa harimo 30 b'aba-Ofisiye kugeza ku ipeti rya Senior Superintendent

Amafoto: Djasiri Shumbusho


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages