00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abadepite bemeje ko itegeko rigenga amatora rihindurwa

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 28 November 2023 saa 08:45
Yasuwe :

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye Itegeko Ngenga rihindura Itegeko Ngenga rigenga amatora ryasabiwe kuvugururwa nyuma y’uko Itegeko Nshinga rivuguruwe, rikagena ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ahuzwa n’ay’Abadepite.

Abadepite batoye iri tegeko kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023, nyuma yo gusuzuma Raporo ku bugororangingo bwakozwe n’Inteko Rusange ya Sena.

Guverinoma yashyikirije Inteko umushinga w’itegeko, aho yagaragazaga itegeko ryo mu 2019, rigenga amatora ritakijyanye n’igihe nyuma y’uko amatora ya Perezida ahujwe n’ay’Abadepite.

Yagaragaje ko hari n’ingingo zari zanditse nabi cyangwa mu buryo butajyanye n’igihe kuko hari nk’aho mu itegeko ryari risanzweho ryateganyaga ko abayobora amatora ari abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, mu gihe biba binashoboka ko hari abakorerabushake cyangwa abandi bantu bashobora gushyirwaho bagafasha mu migendekere y’amatora.

Mu itegeko rivuguruwe, ingingo nshya zitari ziri mu itegeko rya mbere harimo iteganya igihe amatora y’Abasenateri batorwa abera.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, yavuze ko iri tegeko ryagombaga kuvugururwa kugira ngo ibirimo bihuzwe n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga.

Ati “Mu itegeko ryari risanzweho, byari ibice bibiri, ikigaragaza uko amatora ya Perezida akorwa ndetse n’uko amatora y’Abadepite akorwa. Rero twagombaga kubihindura kugira ngo bijyane n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga tugenderaho uyu munsi.”

Minisitiri Musabyimana yavuze ko guhuza aya matora yombi bifite inyungu zikomeye zirimo izo kudatakaza ingengo y’imari mu matora ubundi yabaga yegeranye.

Inteko Rusange y'Umutwe w'Abadepite yatoye Itegeko Ngenga rihindura Itegeko Ngenga rigenga amatora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages