Ni mu gikorwa cyiswe ‘Open Air Mentoring’ cyabereye mu Kigo cy’Urubyiruko cya Kimisagara ahazwi nka ‘Maison de Jeunes’ byahuje abana bari hagati y’imyaka 11 na 17 biganjemo abarangije amashuri abanza n’abo mu mashuri yisumbuye.
Aba bana baherekejwe n’ababyeyi bahagarariye umugoroba w’ababyeyi mu mirenge ya Muhima, Gitega, Nyakabanda, Rwezamenyo, Nyarugenge na Kimisagara yose yo mu Karere ka Nyarugenge.
Ibi biganiro byateguwe n’abagize ihuriro ry’abize n’abafashijwe na FAWE Rwanda, ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo Inama y’Igihugu y’Abagore.
Abitabiriye bagabanyijwe mu matsinda baganira ku ngingo zirimo uruhare rw’umubyeyi mu burere bw’umwana, kurwanya ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’inda ziterwa abangavu.
Kayitaba Teta uhagarariye iri huriro yavuze ko bafite ibikorwa bitandukanye basanzwe bagiramo uruhare ariko bashatse gutanga umusanzu by’umwihariko bafatanya na gahunda ya leta y’iminsi 16, yahariwe ubukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana.
Ati “Icyo turi gukora ni ukugira ngo dukure ibibazo mu baturage batubwire ibibazo bafite noneho batwereke n’ibyo babona byaba ibisubizo kuri ibyo bibazo, noneho natwe turebe uko twafatanya n’inzego bireba kubikemura noneho umunyarwandakazi abashe kwiteza imbere”.
Ndayisenga Ishimwe Joselyne wo mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Gitega, yabwiye IGIHE ko yungukiye byinshi muri ibi biganiro.
Ati “Mu itsinda twarimo twaganiriye uko twarwanya ibiyobyabwenge kandi nungukiyemo byinshi birimo amoko y’ibiyobyabwenge, uburyo bikoreshwa n’uburyo natwe nk’urubyiruko twatanga umusanzu mu kubirwanya.”
Umuryango FAWE Rwanda usanzwe wita ku burezi bw’abana b’abakobwa ubarihira amashuri yisumbuye ay’imyuga na Kaminuza. Ufasha n’abagore ubaha ibikoresho n’ubumenyi.



















TANGA IGITEKEREZO