00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagenzacyaha 119 basoje amasomo abemerera kwinjira mu mwuga

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 22 March 2024 saa 11:51
Yasuwe :

Abagenzacyaha 119 baturuka mu nzego zitandukanye, basoje amasomo yabo abinjiza mu mwug, basabwa gukora kinyamwuga no kuba inyangamugayo bibutswa ko n’ubwo basoje amasomo bidakuyeho ko bazahora biga.

Abagenzacyaha basoje amasomo kuri uyu munsi barimo 67 bo mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, 41 bo muri Polisi y’Igihugu, 3 bo mu Ngabo h’Igihugu, 5 bwaturutse mu Rwego rw’Igihugu rw’Iperereza n’Umutekano, NISS, na 5 b’Abacungagereza.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Dr Ugirashebuja Emmanuel, wasoje ku mugaragaro aya mahugurwa yari amaze amezi arindwi, yasabye abayasoje kutareka kwiga, kwihugura ku giti cyabo, kuba inyangamugayo, kunoza umurimo no gushyira umuturage imbere kuko ari we bakorera.

Yagize ati "Aya mahugurwa ni imwe mu nzira zo guhangana n’ibyaha mu kongerera ubushobozi abagenzacyaha. Icyo tubasaba mwe mwinjiye muri uyu mwuga, ni ukuba inyangamugayo mu byo mukora, guhora mwihugura, kunoza umurimo no gushyira umuturage imbere kuko ariwe mukorera."

Bamwe mu bagenzacyaha basoje aya masomo, bavuga ko bahakuye ubumenyi buzatuma barushaho kunoza umwuga wabo kandi ko serivisi nziza ari yo izakomeza kubaranga bagamije gukorera abaturage.

Rwema Uwera yagize ati "Ndishimye cyane kuko Igihugu cyacu cyaduhaye amahirwe nk’abana b’abakobwa. Nk’umugenzacyaha mushya ndumva umukoro wanjye ari ugukorera umuturage, ni we ngomba gushyira ku isonga nkamuha serivisi kandi ku gihe, nkamwakira neza nta kubogama."

AIP Sandrine Tuyizere na we yagize ati "Muri rusange natwe mu kazi dufite ka buri munsi nka hariya muri gereza hakorerwamo ibyaha, twajyaga tugira imbogamizi tukaba tutabasha kugenza ibyaha biberamo, ariko kuba twagize amahirwe yo guhugurwa tugasobanukirwa uburyo twagenza icyaha buri munsi, bizadufasha kuba twatangira kugenza icyaha kigikorwa ku buryo ibimenyetso bitakwangirika."

Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col Jeannot Ruhunga, yavuze ko Urwego rw’Ubugenzacyaha rumaze kwiyubaka kandi ko kuba bongeramo amaboko mashya byose biba bugamije kubongerera ubushobozi bityo ko bagomba gukora cyane kugira ngo bagere ku nshingano baba barahawe n’Igihugu.

Yagize ati "Iteka iyo twungutse abakozi bashya aba ari igikorwa cyiza twishimira kuko ni amaboko mashya aba aje yiyongera ku yari asanzwe, kugira ngo turusheho gukora inshingano Igihugu cyadushinze."

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Polisi, ari naryo batorejwemo, CP Rafiki Mujiji, yashimiye abanyeshuri ko bitwaye neza bakanatsinda amasomo bahawe, akomeza abasaba ko nk’uko bagaragaje imyitwarire myiza muri aya mahugurwa, bayigaragaza no mu kazi kuko batayifite nta musaruro batanga.

Aba bagenzacyaha bahuguriwe mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’Igihugu riri mu Karere Musanze, yatangiye muri Nyakanga 2023 ari 121 hasoza 119.

Abahuguwe bigishijwe amategeko, kugenza ibyaha no kubika amadosiye, imyitwarire, kwirwanaho bakoresheje intwaro cyangwa zidakoreshejwe, kubungabunga ibimenyetso bigize icyaha n’andi masomo bazakenerwa mu mwuga wabo.

Dr Ugirashebuja Emmanuel arahira mbere yo kwinjiza abasoje amasomo mu bagenzacyaha b'umwuga
Abasoje amasomo binjijwe mu bagenzacyaha b'umwuga
Abakozi ba RIB bari mu bahuguwe muri iki cyiciro
Abasoje amasomo basabwe kwifashisha ubumenyi bahawe mu kazi kabo ka buri munsi
Abasoje amahugurwa bose hamwe ni 119

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages