Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango avuga ko abagize abagize inama ngishwanama y’abana bagomba kurushaho kubakorera ubuvugizi.
Minisitiri Oda Gasinzigwa yabitangaje ku wa kabiri tariki ya 6 Gicurasi 2013 mu nama yamuhuje n’abagize iyo nama ngishwanama y’abana ku rwego rw’igihugu. Yagize ati ”Ndasaba abagize inama ngishwanama, kuba abavugizi b’uru rwego, kugirango babashe kurangiza neza inshingano bahawe.”
Iyo nama yagarutse ku bibazo byihariye byugarije abana, nko kuba hari abana bakiba mu bigo by’imfubyi, abakiri mu buzererezi, n’ibindi bishingiye ku biyobyabwenge.
Abagize Inama ngishwanama y’Inama y’Igihugu y’abana bifuje ko iyi nama yajya iba inshuro zirenze imwe mu mwaka, mu rwego rwo kurebere hamwe icyateza imbere umwana.



















TANGA IGITEKEREZO