Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere ku ya 7 Werurwe 2022, ubwo (RICA) yifatanyije n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA) na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo n’abandi bafatanyabikorwa hatangizwa icyumweru cyahariwe umuguzi.
Hibanzwe ku bijyanye na serivisi z’ubwikorezi basura Gare yo mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Down Town.
Ibiganiro byatanzwe byibanze cyane ku gushishikariza abaguzi kwitabira gukoresha ikoranabuhanga by’umwihariko muri serivisi z’ubwikorezi.
Umukozi ushinzwe kurengera abaguzi muri RICA, Emmanuel Mugabe yatangaje ko icyumweru cyahariwe kurengera abaguzi kije mu gihe abaguzi babangamiwe n’izamuka ry’ibiciro ku bicuruzwa na serivisi zitandukanye.
Yakomeje avuga ko RICA igiye gufata ingamba kuri iki kibazo kugira ngo ibiciro by’ubwikorezi byazamutse nta mpamvu bisubire uko byari bimeze n’ababizamura nkana bahanwe.
Umukozi wa Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Mukiza Edwin yatangaje ko ikoranabuhanga ryoroshya serivisi zizewe, anashishikariza abantu kurikoresha mu buryo bwemewe n’amategeko.
Umuvugizi wa RURA, Tony Kuramba yatangaje ko ikoranabuhanga ryorohereje ubuzima umuguzi mu buryo bwo kwishyura no kohererezanya amafaranga.
Ati “Nko mu bwikorezi ibiciro birazwi. Wishyura ukurikije ibiciro byagenwe yaba ari Tap &GO cyangwa itike y’urugendo rwerekeza mu Ntara. Ibi binihutisha ihererekanywa ry’amafaranga hagati y’umuguzi n’umucuruzi”.
Yanashishikarije Abanyarwanda kurikoresha mu bucuruzi kubera ko ritanga umutekano w’amafaranga.
Ati “Mbere wikoreraga igifurumba cy’amafaranga ugiye guhaha hakaba n’ubwo uyibwa yose. Ubu amafaranga ni ukuyahererekanya ukoresheje ikoranabuhanga, n’iyo agize ikibazo byorohera ababishinzwe kuyakurikirana bakayagaruza.”
Bamwe mu baturage bitabiriye iki gikorwa batangaje ko bishimiye ikoranabuhanga ryaje gukemura ibibazo byinshi, by’umwihariko ibyari byugarije serivisi z’ubwikorezi.
Abaguzi bijejwe ko muri iki cyumweru cyabahariwe, abayobozi bazagerageza kwegera abaturage muri za gare, amasoko no mu bindi bice bitandukanye bumva ibibazo byabo bikanashakirwa umuti.
Umunsi mpuzamahanga wo kurengera uburenganzira bw’umuguzi wizihizwa buri mwaka, tariki ya 15 Werurwe, washyizweho mu rwego rwo kwigisha abatuye isi uburenganzira bw’abaguzi ndetse no gukangurira abacuruzi kubwubahiriza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!