00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahawe inshingano zo kurwanya ruswa mu bigo bya Leta n’ibyigenga bahuguwe ku kuyihashya burundu

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 7 July 2023 saa 10:57
Yasuwe :

Urwego rw’Umuvunyi rwahuguye abakozi bagize Komite zishinzwe kurwanya ruswa muri za Minisiteri n’ibindi bigo bya Leta, iby’abikorera n’imiryango itari iya Leta, rubasaba gukomeza kugira umwihariko mu gutanga amakuru kuri ruswa n’imyitwarire itaboneye yagaragara ku bakozi cyangwa ku bayobozi.

Ni amahugurwa baherewe mu nama yabereye mu Biro by’Umujyi wa Kigali ku wa Gatanu, tariki ya 7 Nyakanga 2023.

Kuri ubu buri kigo cyashyizeho abagize komite zo kurwanya ruswa hagendewe ku mubare w’abakozi bacyo ku buryo nibura bahera kuri batatu kuzamura. Aba bashinzwe gufasha umuyobozi w’urwego cyangwa ikigo bakorera gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira ruswa.

Bafite kandi inshingano zo kumenya ahaboneka icyuho cya ruswa mu bigo bakorera, gukora isesengura no gutanga amakuru na raporo ku muyobozi w’icyo kigo, mu gukumira ko cyagaragaramo ruswa.

Umukozi uri muri komite ishinzwe kurwanya ruswa muri Minisiteri y’Ibidukikije, Alice Nambaje, yavuze ko amahugurwa bahawe agiye kubafasha gushyira mu bikorwa ibyo bashinzwe.

Ati ‘‘Twasobanuriwe amategeko agenderwaho mu gukumira no kurwanya ruswa, kugira ngo mu by’ukuri nk’abantu bari muri iyo komite tuzafashe ubuyobozi bw’ibigo dukoramo, gukumira ruswa no kuziba ibyuho byagaragara ibyo ari byo byose muri izo nzego tubarizwamo.’’

Umukozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe guteza imbere Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro, Sosthène Kazima, na we uri muri komite ishinzwe kurwanya ruswa muri icyo kigo, yavuze ko abakozi bagenzi babo batabishisha ngo babafate nka maneko, kuko ari inshingano za buri wese gutanga amakuru kuri ruswa.

Ati ‘‘Gutanga amakuru kuri ruswa bireba buri wese yaba umukozi, uwo ari we wese biramureba ntabwo bishinzwe na komite gusa nk’inshingano zacu. Ikigamijwe ni ugushishikariza abantu ngo babashe gutanga ayo makuru ndetse na hamwe tujya dukeka ko hashobora kuba icyuho cya ruswa tubagereho tubaganirize.’’

Umunyamabanga Uhoraho w’Urwego rw’Umuvunyi, Mbarubukeye Xavier, yibukije abahuguwe ko bakwiye kumenya inshingano zabo bagakomeza kugira uruhare runini mu kurwanya ruswa.

Ati ‘‘Urwego rw’Umuvunyi rurasaba abagize izi komite gusobanukirwa n’inshingano zabo, kandi no kugira ngo bajye bafasha ubuyobozi bw’ibigo bakoreramo, yaba mu gushyiraho ingamba ndetse no kuzitangira raporo.’’

Gushyiraho komite zo kurwanya ruswa mu nzego biteganyijwe mu itegeko ryo kurwanya ruswa, aho mu ngingo yaryo ya gatatu riteganya ko buri rwego rwa Leta, urw’abikorera, urwa sosiyete sivili cyangwa umuryango mpuzamahanga ukorera mu Rwanda rugomba gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira ruswa, gukorera mu mucyo no kugaragariza raporo abo igenewe.

Rivuga kandi ko urwo rwego rugomba kugenzura ko nta bikorwa bya ruswa birurangwamo, kugaragaza ibyakozwe mu gukumira ruswa igihe rubisabwe n’urwego rubifitiye ububasha, kugira inyandiko igaragaza uburyo n’igihe ntarengwa ibyemezo bifatwa, kugira imikoranire myiza n’izindi nzego hubahirizwa igihe gisabwa mu kugaragaza ibyakozwe cyangwa hatangwa amakuru urundi rwego rwasabye, kudasumbanya, kudatinza no kudasiragiza abarugana.

Itegeko riteganya ko Urwego rw’Umuvunyi rushobora gusabira ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi umuyobozi w’urwego rutakoze ibiteganywa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo.

Umunyamabanga Uhoraho w'Urwego rw'Umuvunyi, Mbarubukeye Xavier, yibukije abahuguwe ko bakwiye kumenya inshingano zabo bagakomeza kugira uruhare runini mu kurwanya ruswa
Urwego rw’Umuvunyi rwahuguye abakozi bagize komite zishinzwe kurwanya ruswa mu bigo bakorera birimo n'ibya Leta
Abahuguwe basobanuriwe byinshi birimo amategeko yifashishwa mu guhana icyaha cya ruswa, bavuga ko ibyo bungutse bizatuma buzuza neza inshingano bafite muri komite zo kurwanya ruswa mu bigo bakorera
Umukozi wa Minisiteri y’Ibidukikije, Alice Nambaje, uri muri komite ishinzwe kurwanya ruswa, yavuze ko amahugurwa bahawe agiye kubafasha gushyira neza mu bikorwa ibyo bashinzwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages