00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakora mu nzego z’umutekano basuye Igicumbi cy’Intwari, basabwa kurangwa n’indangagaciro z’ubutwari (Amafoto)

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 16 December 2021 saa 11:44
Yasuwe :

Itsinda ry’abantu 50 bakora mu nzego z’umutekano zitandukanye baturutse mu Ishuri rikuru rya Polisi riherereye i Musanze basuye Igicumbi cy’Intwari z’Igihugu i Remera, basabwa gutera ikirenge mu cyazo kandi bagahora barangwa n’indangagaciro z’ubutwari.

Iri tsinda rigizwe n’abapolisi, abacungagereza, abakora mu Rwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Abanya-Malawi babiri ndetse n’abayobozi babo, ryasuye igicumbi cy’intwari ku wa 15 Ukuboza 2021.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubushakashatsi mu Rwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’impeta by’Ishimwe (CHENO), Rwaka Nicolas, yabaganirije ku mateka y’ubutwari ku Isi no muri Afurika ndetse n’ibyaranze intwari z’u Rwanda mbere na nyuma y’ubukoloni.

Uru rugendoshuri rwari rugamije guhuza ibyo biga mu ishuri n’ibyaranze intwari z’u Rwanda kugira ngo bazifatireho urugero ku bikorwa by’indashyigikirwa zakoze ndetse n’indangagaciro zaziranze zirimo gukunda igihugu, kwitanga, ubupfura, ubumuntu n’izindi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CHENO, Nkusi Déo, yavuze ko ari ingenzi gusobanurira abantu cyane abakora mu nzego z’umutekano ibijyanye n’indangagaciro z’ubutwari kuko ari zo ahanini zubatse igihugu.

Ati “Mu kazi bakora no mu mibereho yabo ya buri munsi ni ibintu by’ingirakamaro kuko izo ndangagaciro ahanini usanga zishingiye ku zagiye zubaka igihugu zubatse Umunyarwanda. Hakabamo gukunda igihugu rero bijyana no gukunda Abanyarwanda nta vangura.”

“Imirimo bashinzwe ahanini ni iyo kwita ku Banyarwanda, ku mutekano wabo ujyana n’imibereho myiza, iterambere n’ubukungu. Nibaza ko byagira akamaro kanini kuko hamwe n’ibyo biga mu ishuri byiyongeraho bigatuma bakora imirimo yabo neza bakanitwara neza.”

Aba banyeshuri bagaragarijwe ko na bo bashobora kuba intwari mu Cyiciro cy’Imena cyangwa Ingenzi bishobora kujyamo abakiri bazima kuko kuba intwari bidasaba kujya ku rugamba rw’amasasu gusa nk’uko byahoze kera ahubwo ko binagaragararira mu bikorwa by’indashyikirwa umuntu akora agamije inyungu rusange.

Uru rugendoshuri rwitabiriwe n’abanyeshuri 45 ndetse n’abayobozi babo batanu, aho banashyize indabo ku kimenyesto cy’ubutwari mu rwego rwo guha icyubahiro intwari z’u Rwanda zishyinguye n’izidashyinguye mu Gicumbi cy’Intwari.

Abakora mu nzego z’umutekano basuye Igicumbi cy’Intwari i Remera, basabwa kurangwa n’indangagaciro z’ubutwari
Babwiwe ko Maj Gen Gisa Fred Rwigema ari intwari y'ikirenga yakoze ibikorwa by'akataraboneka byatumye ishyirwa mu cyiciro cy'Imanzi
Abo bashinzwe umutekano bahaye icyuhabiro intwari zitangiye u Rwanda
Basabwe kurangwa no gukunda igihugu, ubupfura, ubumuntu, ubunyangamugayo ndetse n'ubwitange
Bashyize indabo ku kimenyetso cy'ubutwari mu rwego rwo guha icyubahiro intwari z'igihugu
Basobanurirwa gukunda igihugu byaranze Fred Gisa Rwigema
Basobanuriwe ko impamvu umusirikare utazwi atagira izina ari uko ahagarariye abasirikare bose bitangiye igihugu kuva cyakwitwa u Rwanda
Igicumbi cy'Intwari kiri kubakwamo inzu izaba ikubiyemo ibyaranze intwari zishyinguyemo
Iki kimenyetso cy'ubutwari kiriho umuntu utanga n'uwakira gisobanura ubwitange no gufasha abandi nta vangura kuko utanga aba atareba uwo aha
Imva ishyinguyemo Maj Gen Fred Gisa Rwigema yubakiye byibarihaye bitandukanye n'izindi
Iri tsinda ryari rigizwe n'abantu 50 ryagabanyijwemo amatsinda abiri mu gihe cyo gusura imva zishyinguyemo intwari hagamijwe gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19
Rwaka Nicolas yabasobanuriye amateka yaranze intwari mu Rwanda abasaba gutera ikirenge mu cyazo bimakaza indangagaciro z'ubutwari
Umuyobozi w'iri tsinda ry'abanyeshuri 45 asinya mu gitabo cy'abashyitsi
Umuyobozi wa CHENO, Nkusi Déo, yavuze ko ari iby'ingenzi ko abakora mu nzego z'umutekano biga ibyaranze intwari kuko bibasha kuzigiraho bikabasha gukora kazi kabo neza
Uru rugendo rwari rwitabiriwe n'abarimo Abanya-Malawi
Yahawe inyandiko ikubiyemo ibyaranze intwari z'u Rwanda

Amafoto: Yuhi Augustin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages