00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cya Mine, Peteroli na Gaz bunamiye inzirakarengane za Jenoside i Ntarama

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 29 June 2018 saa 11:06
Yasuwe :

Abakozi n’abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB) kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 Kamena 2018, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama ruri mu Karere ka Bugesera, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye.

Urwibutso rwa Ntarama rufite amateka yihariye kuko ruri ahahoze Santarali ya Nyamata, yiciwemo Abatutsi bari bayihungiyemo bakaza guterwa n’interahamwe zitwaje intwaro gakondo na za gerenade zikabica.

Umukozi wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ushinzwe Imicungire y’Urwibutso rwa Ntarama, Umuganwa Marie Chantal, yasobanuriye abakozi ba RMB amateka yaranze u Rwanda mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagarutse by’umwihariko ku mugambi wo kuvana Abatutsi mu bice bitandukanye by’igihugu, aho bajyanwe mu Bugesera hari mu ndiri y’umubu w’inkazi wa Tsetse, hagamijwe ko wabarya bagapfa bagashira.

Umuganwa yababwiye ko Urwibutso rwa Ntarama rufite umwihariko kubera ubwicanyi bwahakorewe, aho Abatutsi bahungiraga muri Kiliziya ya Ntarama bazi ko nta wabica ariko interahamwe ntizabagirira impuhwe, zibica urw’agashinyaguro, zikoresheje intwaro gakondo n’izindi, abana bakabahonda ku rukuta rwa Kiliziya n’ibindi bikorwa bya Kinyamaswa.

Nyuma yo gutambagizwa ibice bitandukanye birugize, gushyira indabo no kunamira imibiri ihashyinguye, Umuyobozi Mukuru wa RMB, Gatare Francis, yababwiye ko bagomba guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.

Yagize ati “Ntabwo bikwiye ko hazongera kugira igikorwa kibi nk’iki cya Jenoside yakorewe Abatutsi kibaho, ariko kugira ngo tubikumire ntabwo ari ugusenga gusa no gufatana mu ntoki, ni ukugira ibitugaragaza, indangagaciro zacu bwite, umunsi ku wundi, mu nshingano zacu duhereye ku tuntu tworoshye.”

Yababwiye ko nyuma yo gusobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yatewe n’amacakubiri, inda nini, ubusambo, kwanga no kudaha agaciro ikiremwamuntu, ibyo byose bakwiriye kubyirinda mu kazi n’aho baba.

Umukozi wa CNLG ushinzwe kubungabunga urwibutso rwa Ntarama, Musinguzi Emmy, yababwiye ati “Urugamba dufite turwana narwo, ni urwo kongera kugarura ubumwe bw’Abanyarwanda no kubaka igihugu kitageramo amacakubiri kuko ingaruka zayo twarazibonye.”

Umwe mu bakozi ba RMB witwa Isimbi Rosine, yavuze ko gusura urwibutso bifite agaciro gakomeye.

Ati “Mbibona nk’indangagaciro kuko tugomba kumenya amateka yaturanze, tukamenya aho tuva n’aho tugana. Ni inshingano za buri Munyarwanda kugera ku rwibutso mu rwego rwo kumenya amateka n’intumbero yacu nk’Abanyarwanda.”

Urwibutso rwa Ntarama rushyinguyemo imibiri isaga ibihumbi bitanu y’Abatutsi biciwe mu gace ruherereyemo biganjemo abari bahungiye muri Kiliziya yahoze aho rwubatse.

Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz berekeza ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama
Basuye Urwibutso rwa Ntarama ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi bitanu y'Abatutsi bishwe muri Jenoside
Umuyobozi Mukuru wa RMB, Gatare Francis, yashyize indabo ku mva ziruhukiyemo inzirakarengane za Jenoside
Gatare Francis yateze amatwi ibisobanuro by'uburyo umugambi wa Jenoside washyizwe mu bikorwa i Ntarama mu Bugesera
Musinguzi Emmy yasobanuriye abakozi ba RMB ibice bigize urwibutso rwa Ntarama
Umukozi CNLG ushinzwe Imicungire y’Urwibutso rwa Ntarama, Umuganwa Marie Chantal (iburyo), yasobanuriye abakozi ba RMB amateka yaranze u Rwanda mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside
Umuyobozi Mukuru wa RMB, Gatare Francis, yanditse ubutumwa mu gitabo cy'abashyitsi nyuma yo gusura urwibutso
Umukozi wa CNLG ushinzwe kubungabunga Urwibutso rwa Ntarama, Musinguzi Emmy, yasobanuye uko Abatutsi bahungiye muri Kiliziya ya Ntarama interahamwe zabahiritseho inzu
Gatare Francis yatanze impanuro ku bakozi ba RMB

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages